Amasomo matagatifu tuzirika:
·
Isomo rya mbere: 1 Abami 19, 9a. 11-13a
·
Zaburi: Zab 84 (85)
·
Isomo rya kabiri: Abanyaroma 9, 1-5
· Ivanjiri: Matayo 14, 22-33
Bakristu bavandimwe, amasomo matagatifu yo kuri iki Cyumweru
cya 19 gisanzwe. aratwereka ko guhitamo kunyura mu nzira y’Imana bidatana no
kurwana n’imivumba y’amagorwa y’amoko menshi yo muri iyi si, ariko Imana nayo
ikaduha ihumure riturinda kwiheba no gucika intege. Aratwigisha kandi ko uburyo
bunoze bwo guhura n'Imana ari ukuyumvana umutuzo w’umutima, bigatuma tuyisenga
tuyizeye kandi tuyiharira byose mu buzima no mu migambi yacu.
1. Iby'imana ntibihinda, Imana ntishakirwa mu rwamo
n'urusaku
Muri iki gihe, dukunda kugwa mu gishuko cyo gushakira Imana
mu bishashagirana, mu bivuza induru, no mu bintu bihita bigaragarira amaso. Abantu
benshi basenga bashaka Imana y’Ibitangaza, bagakurikira urwamo n'urusaku
rw'abahanuzi b'ibinyoma bakunda no kwiha amazina abagira intumwa zidasanzwe z’Imana
y’ububasha kandi itihanganira uyigomera wese.
Ni koko, Imana ifite ububasha kandi abayishakashakana
umutima utaryarya babona ibitangaza ikorera abantu, ariko ntabwo Imana ishaka
kwigarurira abantu no guhana abayigomera ikoresheje imbaraga n’ububasha mu
bikangaranya, ngo yitinyishe mu rwamo n’urusaku rw’inkuba zesa n’imitingito
ikundura imisozi.
Nk’uko twabyumvise mu Isomo rya Mbere (1 Abami 19, 9a.
11-13a), Umuhanuzi Eliya yagiye ku musozi wa Horebu (Sinayi) agirango ahure
n’Imana. Eliya rero wari umaze kwicisha abaherezabitambo ba Behali bagera kuri
450, yari yiteze ko Uhoraho ari bumushime agashimagiza uburyo yamurwaniriye
akoresheje imbaraga n’ububasha bw’Imana ye, nyamara azamuka umusozi mutagatifu yahungaga
umugore Yezabeli umwamikazi. Ageze kuri Horebu, Eliya yategereje ko Uhoraho ari
bumwiyereke muri za mbaraga n’ububasha yatekerezaga; agombe kuba yaribwiraga ko
Imana iri buze mu bimenyetso nka bimwe bya kera yakoresheje ibonekera Musa kuri
uwo musozi w’ibitangaza!
Nuko Uhoraho, aho kuza mu nkubi y’umuyaga usatagura imisozi kandi
umenagura amabuye, aho kuza mu mutingito mu mutingito w’isi no mu muriro
ukongoka, yaje mu kayaga gahuhera k’umutuzo. (1 Bam 19, 11b-12)
Umuhindagano n’uburemere bw’ibimenyetso byabanjirije aka
kayaga gahuhera byari bigamije gukosora imyumvire y’umuhanuzi Eliya wari
utarumva ko Uhoraho ari Imana ifite ububasha koko ariko idakorera mu
mihindagano: Imana idashimishwa n’uko abanzi bayo bakwicwa, ko ahubwo ikunda
kubabarira aho kwihorera ikoresheje ububasha n’ibiterabwoba.
Bavandimwe, haba ubwo natwe dushaka ko Imana isubiza
ibyifuzo byacu ibinyujije mu bitangaza, ikaduhanira abagome n’abatwanga
yihanukiriye kandi vuba, ikatwiyereka inatugirira neza ikoresheje uburyo
yabikoreye abandi nk’aho ifite inzira imwe gusa igomba kunyuzamo umukiro wayo.
Uhoraho utunguye Eliya akaza bihabanye n'uko yari amwiteze, bishushanya
neza uko Yezu Kristu yigaragaje mu maso y'Abayahudi bari bafite amatsiko
n'imyumvire yabo bwite ku bizaranga Mesiya bamwiteze nk'umuhanuzi n’umwami
ukomeye mu mbaraga z'isi n'intambara. Pawulo intumwa, mu Isomo rya Kabiri twumvise (Abanyaroma
9, 1-5), aragaragaza akababaro kenshi n’ishavu riri mu mutima we abitewe n’uko
bene wabo b’abayahudi ari bo birukanye Yezu, bakamwanga, nyamara yari abazaniye
umukiro n’ingoma y’Imana ku ikubitiro, bishingiye ku masezerano Imana yagiranye
n’abasokuruza babo. Ubwo Yezu yazaga mu bwiyoroshye no mu muco w'urukundo kuri
bose uhereye ku baciye bugufi n’abanyabyaha, cyabaye ikimenyetso kibatungura
kugeza aho bamuhinyura.
Iby’Imana rero ntibihinda: bigenda buhoro, mu bwiyoroshye,
mu bwitonzi budakura umutima. Imana ibigirira umuntu kuko iramutse ibikabirije,
ibihanitse cyangwa ibyihutishije byagora muntu kubishyikira kandi ari we
yabigeneye.
Hari n’abakristu bibwira ko guhura
n’Imana cyagwa kuyisenga ikakumva bisaba kujya kuyishakira ahantu hafite
amateka nyobokamana yihariye nk’aya Sinayi; abo ni ba bandi bahora biruka mu
masengesho y'urudaca, bava i Kibeho bajya mu Ruhango n’ahandi bumva kuri bo ko
habera ibitangaza kandi havugirwa ubuhanuzi budasanzwe, ugasanga bararemajwe n’ibitaramo
by’amasengesho bisusurutse kubera umuriri w’umudiho w’ikivunge cy’abantu bavuye
imihanda yose.
Amasakramentu Yezu kristu
adutagatifurizamo agizwe n’ibimenyetso bidahambaye nyamara mu mutuzo wa
Liturjiya tuyahererwamo, mu Missa n’Ukaristiya, turonkeramo ubukungu bw’inema
ndengakamere. Ikindi kandi mu kiliziya cyangwa shapeli y’iwacu turahatagatifurizwa
bidashidikanywaho, ndetse no cyumba cy’inzu dusengeramo mu rugo iwacu dutuje,
Yezu aza rwagati muri twe (Mt 18,19-20). Icyo
dusabwa ahubwo kugirango duhure kdi dusabane n” Imana ni ukubanza kwitarura akavuyo
n’urusaku rw’ibyo twirirwamo bishaka kutwibagiza Imana, ugashaka umwanya mu
rugo rwawe maze ugatekereza ku bugwaneza bw'Imana, ukayishakira mu mutuzo
w'akayaga gahuhera mu mutima wawe.
2. Mu nyanja y’ubuzima n’inkubi y’umuyaga: Yezu ntatererana
Kiliziya Ye
Muri Ivanjiri (Matayo 14, 22-33), twumvise ikintu gitangaje:
Yezu atitaye ku munaniro w’umunsi muremure we n’abigishwa bari biriwemo (kwigisha
no kugaburira ibihumbi by’abantu), yabategetse kujya mu bwato no kumutanga hakurya
y’inyanja mu gihe we agisezerera rubanda.
Kuki yabahatiriye urugendo bananiwe kandi bumaze kwira,
akabategeza imivumba y’ijoro maze we akazamuka ajya ku musozi gusengera
ahiherereye? Kujya "Hakurya y’Inyanja" bifite igisobanuro
cy’ubutumwa: ni ukujya ku rugamba rw’iyogezabutumwa, habe hafi cyangwa habe
kure mu bihugu by’abanyamahanga bataramenya Imana. Ubwato bugenda ijoro
kandi buhanganye n’imivumba y’inyanja ni Kiliziya igomba kwambuka ikagera
mu gihugu cy’isezerano. Ni Kiliziya igomba guhatana n’inzitane z’ibitotezo, igahangana
n’umwijima ubundikiye isi n’imitima y’abantu, ukwemera guke, ubuyobe
n’imihindagurikire y’ibihe, irari ry’umubiri, n’inyota y’ifaranga. Ibi byose ni
intandaro y’ubwoba n’ukwiheba nk’ubwari bwatashye abigishwa bari mu bwato.
Muri iki gihe, ubwato bwacu nabwo buterwa n’imivumba
tukiheba, ndetse ari abamenye Imana n’abagishakashaka Imana ntibabura ibibatera
kurohama. Ese barohamishwa n’iki? Barohamishwa n’uko aho guhanga amaso kuri
Yezu, ahubwo barangamira (bahuzwa n’) uburemere bw’ibibazo byabo.
Bavandimwe,
Iyi mivumba tuyibona no mu bibazo bya
buri munsi bitwugarije: umubyeyi ahangayikishijwe n'amafaranga y'ishuri (minerval)
n’ibizatunga abana be; urubyiruko rwarangije amashuli rukaba rwarabuze akazi
birirwa bazerera mu mihanda cyangwa basiragira mu ma interviews;
imiryango isenywa n'amakimbirane ashingiye ku mitungo cyangwa gucana inyuma; ingo
ziri ku nkeke z’inguzanyo za banki cyangwa ibimina baburiye ubwishyu kuko
bahombye cyangwa bibwe, n’ibindi ...
Uretse ubwato buri kurwana n’imivumba itoroshye ndetse
n’umwijima w’ijoro, n’abasare
(abayobozi n’abakuru) bamwe si shyashya abandi ntiborohewe n’inshingano
nyamara basabwa kugashya cyane kandi neza kugira ngo ubwato bugire aho bugera
butarohama.
Abashaka gusanga Yezu bose ntibabura guca mu mihengeri; buri
wese agomba kurwanya ubwoba no gushidikanya maze agahora asaba Yezu agira ati: “Nyagasani
nkiza”. Nibyo koko, n’aho twaba twarabatijwe, n’ubwo twaba turi mu bwato
ari bwo Kiliziya, ntidukingiye ubwoba,
gushidikanya n’ibishuko. Igikuru ni uko imivumba y’ibishuko bitacogoza
imbaraga z’ukwemera kwacu. Nk’uko abitonganyiriza Petero, Yezu aradusaba
kumwizera ntitube abameragato bihebye kandi bakuwe umutima n'imivumba.
3. Twambukane Ubwato bw'ubuzima tugere hakurya y’inyanja
Kwambuka no gutanga Yezu hakurya y’inyanja ni urugamba
rutoroshye. Nyamara muri uru rugendo, usanga abantu turangwa n’imyifatire
inyuranye:
·
Hari abanze rwose
kujya mu bwato bwa Yezu: banga kwinjira
mu muryango wa Kiliziya ngo basangire urugendo n’abandi.
·
Hari n’abari baragezemo,
ariko bakaza kubuvamo: bakagaruka
hakuno y’inyanja kuko batashatse kwigora no guhangana n’imivumba, barambiwe gutegereza
ibizaza kera kuko ibibashishikaje ni ibitanga ibisubizo n’umunezero bya none.
Twebwe abana ba kiliziya turasabwa iki?
· Dutsinde ubwoba no
gushidikanya: Twemere ko Yezu ahari, atwumva
anadusabira n’ubwo twibwira ko ari kure cyangwa ko yicecereye. Nk’uko tujya turirimba
ko: “N’ubwo yicecera isaha ye aba ayizi… (“Nyagasani Mana, ni we niringiye,
ni we gakiza kanjye…”). Yezu aratubwira ati: “Nimuhumure, ni jye; mwigira
ubwoba!”
· Tugire ukwemera
guhamye: Ntitugashakire Imana mu bitangaza
by’urusaku, ahubwo twitoze kumenya Yezu no kumushakira mu mutuzo w’akayaga
gahuhera gasendereye mu mitima yacu.
· Kugashya
dushikamye: Nka Kiliziya n’ingo zacu, tugashye
neza twemera ko "Yezu iyo ageze mu bwato, umuyaga urahosha" kandi iyo
turi kumwe nta cyago na kimwe gishobora kudusenya ngo kiturimbure.
Nyagasani Yezu
nabane namwe.