^

INYIGISHO Y’ICYUMWERU CYA 21 GISANZWE, UMWAKA C, TARIKI YA 24 KANAMA 2025

Publié par: Padiri Thaddée MUSABYIMANA

Amasomo matagatifu:

-          Isomo rya mbere: Iz 66, 18-21;

-          Zaburi: 117(116);

-          Isomo rya kabiri: Heb 12, 5-7.11-13;

-          Ivanjili: Lk 13, 22-30.

 

Bakristu bavandimwe, Umuhanzi yaricaye areba uko ibihe bigenda bishyira ibindi, abantu n’ibintu uko biriwe uyu munsi bucya byose byahinduye ishusho n’isura…nuko aririmba agira ati: “Ese ko bucya bukira, amaherezo azaba ayahe?”

 

Kugirira amatsiko amaherezo yawe cyangwa abantu muri rusange, ay’isi dutuye n’ibiriyirimo, kwifuza kumenya uko bizagenda nyuma y’ubu buzima turimo ni kimwe mu biranga umuntu wese uriho agira n’ukwibaza muri we kabone n’iyo atagera ku gisubizo.  Icyo kibazo cyo kumenya uko bizagenda nyuma y’ubu buzima, si icy’abubu gusa, ahubwo ni icy’abantu bo mu bihe byose, kuva isi yaremwa.

Mu ivanjili tumaze kumva, ubwo Yezu yanyuraga mu migi no mu nsisiro yigisha, yerekeza i Yeruzalemu, nuko haza umuntu aramubaza ati “Mwigisha, koko abantu bakeya nibo bazarokoka?”

Tugendeye ku buryo uriya muntu yabajije Yezu iki kibazo, biragaragaza ko hari ibyo yari asanzwe azi, yigishijwe cyangwa yumvise ku bijyanye n’umukiro (Salut eternel) utanga ubugingo bw’Iteka ku iherezo ry’ibihe, akaba rero yarabajije Yezu ashaka guhinyuza cyangwa ashaka kumwinja nk’uko bamwe mu bafarizayi babigiriraga Yezu. Mu bushishozi, ubwenge n’ubuhanga bw’Umwigisha uruta abandi bose, Yezu ntamuha igisubizo kigira ngo “yego nibyo” cyangwa ngo “oya sibyo” nta n’umubare runaka w’abazarokoka amuhaye, ahubwo amubwiye ibyo muntu agomba gukora kugirango azarokoke agira ati: “Muharanire kwinjira mu muryango ufunganye”.

Ese uriya muryango ufunganye Yezu atubwira ni uwuhe? Ese waba uherereye he? Ese waba ushushanya iki?

Ubwo Yezu yavugaga ariya magambo yari ari kwerekeza i Yeruzalemu, aho yari agiye guterera umusozi wa Karuvariyo ahetse n’umusaraba kugirango adupfire. Ng’uwo umuryango ufunganye tugomba kwinjiriramo Yezu atubwira. Umusaraba wacu ni ryo teme rizatugeza mu ngoma y’ijuru. Ese umusaraba wanjye ni uwuhe? Ese umusaraba wanjye nywuheka nte? Ese aho sinjya nywinubira?

Mu isomo rya mbere ndetse no mu Ivanjili turasanga ko Abayisraheli bari bafite imyumvire igoramye yo kwiyumva ko baruta abandi kuko ari Umuryango Uhoraho yitoreye akawugira umwihariko, bityo ko ibyabo byose byijyana kandi bigomba guhora bimeze neza igihe cyose n’aho ariho hose; iyo myumvire rero yatumaga bumva ko nta bandi bemerewe umukiro uretse bo bonyine; ndetse batumva impamvu Imana yemera ko bahura n’ibibazo cyangwa ibyago.

Uhoraho avugishije Umuhanuzi Izayi, arasezeranya ko ikimuzanye ari uguhindura imyumvire yabo ifutamye, maze abahanurira agira ati: “Nzanywe no gukoranyiriza hamwe amahanga y’indimi zose, kugirango azarebe ikuzo ryanjye”. Bagomba kumva ko Imana ariyo yikorera umurimo wo gukiza abantu kandi ikabikora ku buryo bwayo. Uhoraho ni Imana ya bose, n’ikuzo ryayo ishaka ko rihimbarizwa mu ruhame rwa bose (bisobanurwa na ya mbaga y’abantu bari baturutse impande zose no mu ndimi zose bagahurizwa hamwe na Roho Mutagatifu ku munsi wa Penetekosti), ni Imana ishaka gutera ibyishimo imiryango n’amahanga yose.

Ubu buhanuzi bwa Izayi n’ubwo bukosora imyumvire kandi bugatanga ihumure, ntabwo bwahuzaga n’amarangamutima y’abayisiraheli bo muri icyo gihe n’aho bari: bari bamaze igihe kinini mu mahanga bajyanywemo bunyago, bararambiwe ibibazo by’ubucakara n’ubuhunzi, bagahora bibaza icyo bazira, bibaza impanvu Uhoraho areka bagerwa ku buce mu maso y’abapagani kandi ari umuryango w’umwihariko we.

Ibyo isomo rya kabiri ritubwira uyu munsi birasa n’ibisubiza ikibazo nk’icyi abayisraheli bibazaga ndetse bakagihuza n’abantu benshi bacogojwe n’ubukana bw’ibibazo n’ibyago bahuye nabyo. None se kuki Imana rimwe na rimwe itwiyereka nk’iyaturekuye kandi turi mu kaga ndetse tubabaye, ubwo idukunda kandi igashaka ko duhorana ibyishimo kuki wagirango rimwe na rimwe iri kuduhana yihanukiriye?

Umwanditsi aremeza ko Nyagasani ahana abo akunda kandi agacyaha uwo yemereye kuba umwana we bwite (Heb 12, 6). Kuba umuryango w’Imana wari mu bibazo icyo gihe si uko Uhoraho yari yarawanze ahubwo yawifurizaga guca akenge. Amakuba n’ibigeragezo bijya bitubera ngombwa kugirango dukanguke, tubone, twitekerezo neza, dukure. Umunyarwanda ati: “Icyago cyigisha ubwenge” kandi “utaribwa ntamenya kurinda”. Uwo igihano cyagoroye kimubyarira imbuto z’ukwemera, amahoro n’ubutungane.

Bavandimwe, mu gisubizo cya Yezu Kristu mu Ivanjili tumaze kumva duhishuriwe ko kugira Ingoma y’Imana ho umurage bitazatangwa n’ubumenyi bwinshi mu by’iyobokamana, imivukire myiza cyangwa amateka aremereye kandi aruta ay’abandi nk’uko abayisraheli biyumvaga, amadiplome yo hejuru arimo n’aya Tewolojiya, …ahubwo tuzakizwa n’ibyo tuzaba twarakoze byiza kandi bijyanye n’ukwemera koko kandi twihambiriye ku cyiza gitunganye tutagamburujwe n’iminsi n’ibicantege dore ko bitabuze. Ntabwo tuzakizwa n’ubushake bwinshi gusa dufitiye kuzabana n’Imana mu ngoma y’Ijuru ahubwo bizaturuka k’umuhate n’uburyo bwose twabiharaniye; Yezu ati: “Nimuharanire…”

Yezu Kristu abivuga neza ku bundi buryo ubwo na none yasubizaga bene Zebedeyi (Yakobo na Yohani intumwa) igihe bamusabye ko yazabaha kwicarana nawe umwe iburyo undi ibumoso mu ngoma y’ijuru (Mk 10,35-37); mbere yo kugira icyo abizeza, Yezu yababajije niba bashobora “kunywera ku nkongoro azanyweraho cyangwa guhabwa batisimu azahabwa: ibi byombi kimwe n’umuryango ufunganye biganisha ku nzira y’ububabare n’urupfu bya Yezu ubwe. Gusa na none yakomeje ababwira ko nubwo bazashoba kunywera ku nkongoro azanyweraho (ububabare n’urupfu) nyamara ibyo kwicarana  nawe mu ngoma y’ijuru bizahabwa ababigenewe (Mk 10, 40).

Koko rero bavandimwe, Ijuru, ubugingo bw’Iteka ni impano y’Imana mbere yo kuba igihembo cy’ibikorwa byiza, n’Umunyarwanda yaragize ati: “Imana ntimugura, n’iyo mwagura yaguhenda”. Kandi turirimba kenshi ko Imana yaturemeye kuzajya mu ijuru, bivuze ko ari umuhamagaro wa twese. Gusa rero impano zose kandi nziza Imana itugenera, tuzikukana igihe twemeye kandi tukihatira kuzakira. Kuzakira bivuga iki?

-          Guhuza ubuzima bwacu n’ugushaka kw’Imana

-          Guharanira kunyura mu muryango ufunganye = kunywera ku nkongoro ya Yezu Kristu

Yezu Kristu mu nzira yerekeza i Yeruzalemu (Lk 13,22) aho yari agiye kuzuriza umugambi wo gukiza abantu, ntiyigeze acogora kuburira abantu b’aho yanyuraga n’abahuraga nawe bose abahamagarira gufata icyerekezo nk’icye. Uru rugendo n’izi nyigisho n’uyu munsi arabidusangiza, nitwe tubwirwa uyu munsi kugirango tujye tumenya kwitsinda imbere y’ibishimisha by’isi twagereranya n’inzira ya gihogera iteganye ku rundi ruhande rw’ifunganye atuyoboramo, ibyo akabikora adahagaze atungayo urutoki ahubwo akaba yarafashe iya mbere atugenda imbere. Ububabare bwo muri iyo nzira ntibwamuciye intege kugeza n’aho yemeye urupfu agirango adukize.

Bavandimwe, ese nk’abakristu ikibazo dukwiye kwibaza kandi kitureba cyane cyaba ari ukumenya niba ari bake cyangwa benshi bazinjira mu ngoma y’Imana, cyangwa ahubwo ni ukwibaza icyo twahanira gukora kugirango natwe tuzabarirwe mu batumirwa bo mu Ijuru?  Buri wese yibaze agira ati “Jye se nkora iki mu buzima mparanira kugenda nka Yezu no kugendana nawe? Nigomwa iki, nitangira bande mparanira kubakiza? Ese mbaho mparanira gutunga iki yaba ari isi cyangwa ijuru ho umurage? Mu gihe ndiho uyu munsi ariko ntazi igihe nzamara ku isi: ndimo ndabiba iki mu buzima no mu mibereho ya gikristu maze nzasarure iki mu maherezo ya nyuma?

Ubwo umuryango ufunganye ari nawo wa Yezu, kandi akaba atubereye “Inzira, ukuri n’ubugingo, nta n’ushobora kugera kuri Data atamunyuzeho (Yoh 14,6), dufite amahirwe muri we ko aho tujya n’inzira itugezayo bitakiri mu mahitamo tujijinganyaho. Ahasigaye dukomere cyane ku cyerecyezo cy’ukwemera kwacu twirinda kwivuguruza no gucangacanga imbere y’Imana, kugeza n’aho ubu bamwe batagitinya n’amaso y’abantu. Turi abakristu nyamara dutangiye gukomanga cyangwa dutonze umurongo ku muryango wa gihogera tuwubyiganiraho n’abatari bo, cyangwa se twamaze kwinjira muri gihogera y’ubwambuzi, uburyarya, ikinyoma n’ubugambanyi , amatiku n’urugomo, ubugugu, ishyari, ubusambo, ubusambanyi, ubwironde, ubwicanyi no kuroga,..

Twirinde kandi kwiyumva nk’abageze iyo bajya ngo twirate ibyo dukora byiza, amasengesho na missa twitabira buri munsi, abakene benshi dufasha, inkunga zo kubaka Kiliziya dutanga, imirimo y’ubuyobozi bwa kiliziya twahawe kandi  twakoze igihe kirekire… ibyo byose ahubwo tubifate nk’amahirwe yadufasha guhamya ibirindiro mu nzira imwe nk’iya Yezu kandi ifunganyije, tumwigiraho kubaho no gukora byose mu bwiyoroshye no mu bwitange kugirango tuzagerane  nawe aho atwifuriza  kuzabana nawe, mu bwami bw’Ijuru.

Padri Thaddée MUSABYIMANA

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka