Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü
Isomo
rya mbere: Jr 20, 10-13
ü
Zaburi
69(68), 8-10, 14.17, 33-35
ü
Isomo
rya kabiri: Rm 5, 12-15
ü Ivanjili: Mt 10, 26-33
Amasomo
matagatitu yo kuri iki cyumweru aradusaba kugira ubutwari bwo guhamya ukwemera
kwacu. Mu isomo rya mbere n’Ivanvili turabonamo ko uwemera adakwiye kugira
ubwoba kuko Uhoraho amuzi kandi amuba hafi igihe cyose. Isomo rya Kabiri ryo
rikatwereka ko ineza y’Imana yigaragarije muri Yezu Kristu yadutsindiye
ibidushikamira byose, idukiza icyaha n’urupfu, ituronkera ubugingo bw’iteka.
Bavandimwe,
mu isomo rya mbere tumvise akaga Yeremiya yahuye nako mu butumwa bwe. Yeremiya
ni umugabo w’inyangamugayo ku Mana. Akiri umusore, yahawe ubutumwa buteye
ubwoba; ku bwe yumvaga yishakira kwiberaho ku buryo busanze nk’abandi bose,
nyamara yumvira Imana. Ahanura rero ibyago byari bigeye kugwirira umuryango we
akunda, kuko banze guhinduka. Ibyo rero byamukururiye abanzi benshi. Nta we
umwitaho, baramunnyega, baramutoteza, bakamucurira imigambi mibisha yose, ariko
we akanga agakomera. Imbaraga ze akazikura mu gusenga; umutima we wose Yeremiya
yawukinguriraga Imana, bakavugana nk’uko inshuti zivugana. Amahoro n’ibyishimo
yabikuraga mu kuzirikana amategeko n’amabwiriza y’Uhoraho. Mu bigeragegezo
byose yanyuzemo, Yeremiya yakomeje kwizera Imana akumva ko ari yo imukomeje,
imuri hafi.
Natwe
Yeremiya yatubera urugero twebwe ababahamagarirwa gukurikira Imana
yonyine, ariko tukageza aho dushidikanya
n’aho ducika intege. Intwari igaragarira aho rukomeye. Muri iyi si duhura
n’amagorwa atandukanye. Isi uko iteye ndetse n’imihindagurikire y’ibihe bituma
habaho ibihe by’inzara n’amapfa, indwara z’ibyorezo n’ibindi. Bigatuma umuntu
abaho ahangayitse. Imibanire y’abantu ishobora kuba mibi igatuma habaho
ubwumvikane buke n’amakimbirane mu bantu. Amakimbirane hagati y’ibihugu,
intambara zidashira n’ibindi. Ndetse n’umuntu ku giti cye hari ingorane
yikururira ziturutse ku mahitamo ye. Umunyarwanda yaravuze ati: “byago
ntukabure kandi byago ntugahore”. Muri ibyo byose tubasha kuhagirira ukwemera
gukomeye no kugaragaza uwo twemera. Muri ibyo byose kimwe na Yeremiya duhamagarirwa
kwiringira impuhwe n’ubudahemuka by’Uhoraho; ndetse tunamurusha amahirwe kuko
ubu dushobora gufatanya ibyishimo n’ububabare bw’umwami wacu Yezu Kristu.
Izo
ngorane zose tumaze kuvuga haruguru ni ingora duhura nazo zikatubabariza
umubiri. Ariko hari ikindi cyago gikomeye uwemera akwiye gutinya kurusha ibindi
byose kuko gishegesha muntu kikamwangiriza umubano we n’Imana imukunda ndetse
na bagenzi be. Icyo rero ntakindi ni icyaha. Yeremiya yaterwaga ibyishimo kandi
agakomezwa n’uko yari abanye neza n’Uhoraho mu buzima buzira icyaha. Pawulo
mutagatifu arashimira Imana yo yadukijije icyaha n’urupfu muri Yezu Kristu,
ikatugira abana bayo ikunda. “koko rero
n’ubwo abenshi bapfuye bazize icyaha cy’umuntu umwe, ineza y’Imana n’ingabire
y’ubuntu bw’umwe Yezu Kristu, zasesekaye kuri benshi ku buryo busumbijeho”.
Ntitugatinye
rero kandi dufite agaciro Kangana gatyo mu maso y’Imana. Yezu wohereza intumwa
ze mu butumwa ntacyo azikinga. Ubutumwa bahawe burabasa gushira ubwoba, kugira
ubutwari no kurangamira uwabatumye. Ubutumwa yari abahaye buzatuma batakaza
ubuzima bwabo bw’umubiri, ariko bazakomere ku kwemera kuko bazigamiwe ubugingo
buzahoraho iteka. Kandi koko bitanze batizigama bitangira iyo nkuru nziza
y’umukiro kugira ngo imenywe na bose. Yewe ndetse bemera no gupfa aho guhakana
ukwemera. Babaye intwari z’ukwemera.
Ese
intwari ni iki? Ese ubutwari bw’umukristu muri iki gihe bugaragazwa n’iki? Ese
umukristu w’iki gihe atinyuka guhamya ukwemera kwe ashize amanga? Intwari ni
umuntu ugira umutima ukomeye, udatinya, ufasha abandi kandi akihatira gukora
igikwiye kabone n’iyo byaba bigoye.
Ubutwari
bw’umukristu bugaragarira mu miberereho ye ya buri munsi. Umukristu nyawe
arangwa n’ukwemera kutageruka. Nka Yeremiya azi neza ko ibihe biba
bitoroshye, ukwemera gushobora guhakanwa cyangwa gupfukiranwa. Muri iki gihe
hagenda haduka imyumvire ihigika iby’Imana. Kuvuga Imana bisa nk’aho bisigaye
bitera bamwe isoni. Umwanya w’Imana muri gahunda zacu ugenda uba ntawo. Habaho
kandi ibihe byo gushidikanya iby’akababaro n’amarira ndetse n’agahinda. Ariko
ibyo byose ntibigomba guca umukristu intege
ahubwo bikwiye kumukomeza akarushaho kubona ineza y’Imana mu buzima bwe.
Ubutwari bw’umukristu bushingiye ku kumva ko agomba kubera abandi urugero,
akabakomeza mu kwemera. Ukwemera gukomeza isano dufitanye n’Imana, maze
tukayibona buri gihe bugufi yacu idutabara. Ngicyo ikiduha amahoro nyayo isi
idashobora gutanga. Ese aho ndangwa n’uko kwemera?
Ubutwari
bw’umukristu bugaragara mu mwete wo kwamamaza ukwemera kwe, wo kwamamaza
inkuru nziza. Ese inkuru nziza yamamazwa gute muri iki gihe? Ahubwo se yakirwa
gute muri iki gihe hagenda haduka imyumvire ihigika iby’Imana? Umukristu ashimishwa
n’uko ibyiza bimutunze abisangiza abandi. Bajya bavuga ko ibihishe bibora.
Ukwemera kutamamazwa kurakendera, kugakamuka mubakwakiriye. Ariko ntitukagire ubwoba Nyagasani
arahibereye.
Ubwo
butwari kandi bugaragarira mu nshingano zacu za buri munsi. Yezu ati “muri
umunyu w’isi, muri urumuri rw’isi”. Kwanga icyaha, gukurira Yezu Kristu no
kumwamwamaza ni ubutumwa bwacu twese ababatijwe, kandi ni n’urugamba rudusaba
ubutwari. Ese mu rugo iwanjye bimeze bite? Ese umugabo arakibuka inshingano ze?
Umugore we se? Abana se baracyubaha ababyeyi? Ubutwari bugaragarira mu gukomera
ku masezerano kugera ku ndunduro. Nubwo ruca mu makuba ntirugomba gucika bitewe
n’urukundo rwuje ubutwari bw’abarugize. Ese mu kazi nkora mpatangira ubuhe
buhamya? Aho sinjye munyamatiku, ukurura intonganya n’amakimbirane? Aho nyuze
bamvuga ngo iki? Dusabe Yezu imbaraga n’ubutwari byo kumuhamya imbere y’abantu
nawe aduhamye imbere ya Data uri mu ijuru.
Kugira
ngo intumwa zizabashe gukora umurimo zatorewe nta bwoba zikeneye imbaraga
zikomoka kuwazitumye. Yezu arababwira ati: “Ntimuzakurwe umutima n’ibyo
muzavuga n’uburyo muzabivuga, icyo muzavuga muzakibona icyo gihe, kuko atari
mwe muzavuga, ahubwo ni Roho wa So uzabavugiramo. Dusabe Roho w’ubutwari
atuyobore.
Intumwa
ni ibikoresho Nyagasani yihitiyemo kugira ngo inkuru nziza ye isakare mu
biremwa byose. Uwabatijwe wese yemeye kuba uwa Kristu no kumubera umuhamya.
Twizere uwadukunze akaducungura kandi tumwemerere kumubera intumwa zimwamamaza
zishize amanga. Ukaristiya ntagatifu, isakramentu ry’urukundo idutere imbaraga
n’ubutwari muri byose.
Padiri
Modeste NSENGIMANA
Retour aux homelies