Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü Isomo rya
mbere: Sir 35, 12-14.16-18
ü Zab 34(33), 2-3
ü Isomo rya
kabiri: 2Tim 4, 6-8.16-18
ü Ivanjili: Lk
18, 9-14
"Koko
uwikuza wese azacishwa bugufi, naho uwicisha bugufi akazakuzwa" (Lk14,11)
Amasomo
Matagatifu yo kuri iki cyumweru aradufasha kuzirikana ku mugenzo w'ubwiyoroshye,
ubwiyoroshye bw'umutima nk'inzira itugeza ku butungane.
Mu
isomo rya mbere, Umuhanga Mwene Siraki, amaze kwitegereza, yabonye ko
ubwiyoroshye aribwo buranga abanyabwenge kandi bukabageza ku busabaniramana.
Ati"Isengesho
ry'uwicisha bugufi ricengera mu bicu" (Sir 35, 17).
Ni
byiza kandi byubaka benshi, kubona umuntu w'umunyabwenge nenda wize menshi aca
bugufi agasenga. Nibyo koko Imana yumva
isengesho ry'abayitakambira biyoroheje. Imana ikunda ab'umutima wiyoroheje.
Baba bafite byinshi cyangwa bike, baba bafite imyanya ikomeye, ibyo byose
ntibibatere kwikuza no gusuzugura abandi.
Mwene
Siraki arakomeza ati " Mwana wanjye ibyo ukora bijye birangwa
n'ubwiyoroshye, bityo uzakundwa kuruta abagaba byinshi, kandi uko ugenda
ukomera, ujye urushaho kwicisha bugufi, maze uzagira ubutoni imbere y'Imana"
(Sir 3,17-18).
Mu
isomo rya kabiri twumvise, tubanze turebe Pawulo Mutagatifu uko nawe yakiriye
Ivangili. Turebye ubuhanga bwe mu nyandiko nyinshi yanditse, ingendo yakoze..,
ibyo byose byashoboraga kumutera kwikuza. Ariko ntiyigeze yikuza cyangwa ngo
yirate. Niwe ugira ati"Niba kwirata ari ngombwa, nziratana intege
nke zanjye" (2Kor 11,30). Yamenye ko ubutungane buba
mukwiyoroshya.
Pawulo
Mutagatifu yagaragaje ubwiyoroshye bukomeye kandi yarahishuriwe ibintu
bihambaye. Niwe ubigarukaho ati"Kugira ngo ibyo bintu bihambaye nahishuriwe
bitantera kwirarika, nashyizwe umugera mu mubiri, ariyo ntumwa ya Sekibi ngo
ijye inkubita, nirinde kwikuza" 2Kor 12,7. Pawulo Mutagatifu
yatsinze urwo rugamba n'igishuko benshi batsindwa; none ikamba rigenewe
intungane riramutegereje, ariko si we wenyine n'abandi bose bazaba barakunze
ukwigaragaza kwa Nyagasani.
Nyagasani
Yezu ubwe ni We watwigaragarije mu bwiyoroshye."N'ubwo we yari afite imimerere
imwe n'iy'Imana, ntiyagundiriye kureshya nayo. Ahubwo yihinduye ubusabusa,
yigira nk'umugaragu. N'uko aho amariye kwishushanya n'abantu yicisha bugufi
kurushaho"Fil 2,6. Nyagasani Yezu ibyo adusaba nibyo yatweretse.
Ubwiyoroshye, kwicisha bugufi, byose tubigirira Nyagasani.
Buri
gihe Imana iza mubuzima bwacu yiyoroheje, nk'umubyeyi udakanga cyangwa ngo
ahahamure abana be.Turibuka nk'igihe Imana yiyeretse Musa. Imana ntiyaje mu
nkuba, mu mutingito cyangwa mu muyaga ahubwo yaje mu kayaga gahuhera. (1 Abami
19, 12).
Niba
Imana idusanga yiyoroheje kandi ari Nyir'ububasha, kuki natwe tutagenza ducyo
dusanga abavandimwe. Urugero: Ugasanga umugabo mu rugo abana, umugore
abaturanyi bose baramutinya, bikaba aka yandirimbo "Ngo iyo udahari
turasusuruka, waba utashye tugasuhererwa". Ku kazi abo akorana ugasanga
barabaye ibikange, umuntu agahora yikanyiza. Ibyo ntibikwiye ku ba Kristu.
Ni
ubuhamya bwiza, kubona umuntu mukuru yorohera abato cyangwa abo ashinzwe kandi
afiteho ububasha, akiyoroshya imbere yabo kandi atabitegetswe. Koko ibanga
ry'ubutungane riri mu bwiyoroshye. Ibyo wakora byose ugira ngo bagushime,
bagukomere amashyi nk'umuntu mwiza, Yezu ati uba washyikiriye ingororano yawe.
Mu
Ivanjili twumvise Nyagasani Yezu agira ati ‘‘Koko uwikuza wese azacishwa
bugufi, naho uwicisha bugufi azakuzwa” Lk 18,4. Ibi Nyagasani Yezu yabivuze
ahereye ku bafarizayi bumvaga ko ari intungane, bagasuzugura abandi. Twabyumvise,
uyu Mufarizayi aho gusenga yambaza Nyagasani, we yivuze ibigwi, aca n'imanza
kubatagenza nka we.
Iki
ni igishuko abakristu bamwe bashobora kugwamo, bavuga bati "Si niba,
sindoga, si nsinda, siniyandarika, mpabwa amasakramentu kandi nkayahesha,
ntanga ituro uko bisabwa n'ibindi. Nyamara ibyo ntibihagije, ndetse sibyo
rwose, niba tubikora kubera ubwirasi no kwigaragaza. Ubukristu nyabwo si
ukwivuga ibigwi cyangwa kubaho twirinda amakosa gusa, ahubwo ni n'ibikorwa
byose dukorana ubwiyoroshye bw'umutima n’urukundo dukunda Imana n’abantu.
Igishuko cy’ubwirasi, bamwe bakigwamo.
Ugasanga hari abavuga ngo bati twebwe tuzi gusenga kurusha abandi, abandi ngo
tuzi kuririmba neza. Nyamara isengesho rishimisha Imana ni umutima wiyoroheje
kandi wicujije. Twareba ingero zimwe z’abatagatifu batwigishije ubwiyoroshye no
guca bugufi. Turebe Umubyeyi Bikira Mariya, igihe yakiriye ubutumwa bwa
Malayika ko azabyara Umwana w’Imana, iyo nkuru ntabwo yayisakuje ahubwo ngo
byose yabishyinguraga mu mutima we.
Yozefu
Mutagatifu, tumubona nk’umugabo w’intungane ucisha make, wakiranye ubwiyoroshye
umugambi wa Nyagasani. Mutagatifu Agusitini yagaragaje ubwiyoroshye anabutoza
abakristu be, niwe wabwiraga abakristu be ati ‘’iriba mbashoraho, niryo nanjye
mvomaho’’. Igihe abakristu be bamubajije
inzira banyuramo ikazabageza ku butungane, yabasubije agira ati ‘’urugendo
rw’ubutungane rukorwa mu bwiyoroshye,ibyo mukora byose birangwe n’ubwiyoroshye.
Ati ‘‘icya mbere ni ubwiyoroshye icya kabiri ni ubwiyoroshye, icya gatatu ni
ubwiyoroshye’’.
Tuzirikane
amagambo ya Nyagasani Yezu ati ‘‘hahirwa abiyoroshya kuko bazatunga isi ho
umurage’’ Mt5, 4. Tumusabe atwigishe ubwiyoroshye bw’umutima kugira ngo
ibyo dukora byose bibereho ikuzo ry’Imana, bityo tuzabarirwe mubagenerwa murage.
Nyagasani
duhe umutima ukunda, utuza kandi woroshya nk’uwawe. Amen
Padiri Vincent HABIHIRWE
Retour aux homelies