^

INYIGISHO YO MU GITARAMO CYA PASIKA, UMWKA A, TARIKI YA 04/04/2026

Publié par: Padiri Jean Damascène UWIRINGIYIMANA

Amasomo matagatifu tuzirikana

1.      Isomo rya mbere: Intg 1,1.26-31a;

Zab104 (103), 1-2a,5-6,10.12,13-14b,24.35c

2.      Intg 22,1-2.9a.10-13.15-18;

Zab16 (15), 5.8, 9-10,1b.11

3.      Iyim 14,15-31;15,1a;

Zab136 (135), 1.11-16.21-26

4.      Iz 54,5-14;

Zab 30(29), 3-6cd.12, 13

5.      Iz 55,1-11;

Iz12, 2,4b-e,5-6

6.      Bar 3,9-151.32-38;4,1-4;

Zab 19(18), 8, 9,10,11

7.      Ezk 36,16-17a.18-28

Zab 51(50), 12-15,18-19

8.      Rom 6,3-11;

Zab 118(117), 1.4,16-17,22-23

9.      Mt 28,1-10

Bakristu bavandimwe, uyu mugoroba mutagatifu wa Pasika twahuriye hamwe ngo duhimbaze ibanga rikomeye ry’ukwemera kwacu: urupfu n’izuka bya Yezu Kristu. Amasomo tumaze kumva atwereka amateka y’ugucungurwa kwa muntu: kuva ku iremwa ry’isi kugeza ku izuka rya Kristu. Ni amateka agaragaza urukundo rw’Imana itajya itererana Muntu kabone n’ubwo yacumura.

Isomo rya mbere ryo mu Gitabo cy’Intangiriro ritwereka Imana irema isi n’ibiyiriho byose, ndetsen’iremwa rya muntu ugomba kubigenga. Urwo rusobe rw’ibyo Imana yaremye, byose byari byiza cyane. Ibi biduha kuzirikana ko ubuzima ari impano ikomeye twahawe n’Imana, kandi ko tugomba kububungabunga. Mutu yari mu busitani ntacyo abuze, asabwa kumvira umuremyi we no kugendera mu nzira amweretse. Nyamara, amateka yacu agaragaza ko umuntu atagomeje kugendera mu nzira nziza, ahubwo yagiye ajya kure y’Imana. Imana yo ntiyigeze ireka umuntu, ahubwo yakomeje kumushakaka no kumugaragariza urukundo rwayo, igamije kumuramira no kumurokora.

Mu isomo rya kabiri, tubona ukwemera gukomeye kwa Aburahamu kugeza n’aho we ubwe yemera gutanga umwana we yakundaga cyane Izaki, nk’uko Imana yari ibimusabye. Aha, Abrahamu tumubona nk’urugero rw’umuntu ufite ukwemera kutajegajega, umntu wumvira Imana, umuntu ushyira mu bikorwa Ijambo ry’imana. Ukwumvira kwe yagukesheje guhabwa umugisha we n’umuryango we wose: abazagukomokaho nzabaha kwororoka nk’inyenyeri zo mu kirere, n’umusenyi wo ku nkombe y’inyanja n’ibindi. Bitwereka ko Imana itifuza urupfu rw’umuntu, ahubwo imwifuriza ubuzima. Ibi nibyo byatumye Imana itanga umwana wayo Yezu Kristu igira ngo isubize ubuzima abari babutakaje, abari bihebye, abari bacumuye.

Mu gitabo cy’Iyimukamisiri tubona ko Imana ari umucunguzi: idukura mu bubata bw’icyaha ikatujyana mu buzima bushya. Imana yakijije abayisiraheli ibambutsa inyanja itukura, ibakura mu buzima bwa gicakara ikabinjiza mu buzima bushya. Natwe muri Pasika, twambukiranya ubuzima bushaje tukinjira mu buzima bushya bwa Kristu wazutse.

Andi masomo twumvise, cyane cyane ayo mu bitabo by’abaanuzi, atwereka isezerano rishya Imana yagiranye na muntu: kugaragarizwa impuhwe, guhabwa umutima mushya kandi wumva, umwuka mushya n’urukundo rutazashira. Ibi byose byuzurizwa muri Kristu, we soko y’ubuzima bushya. Muri we muntu w’igisazira yarasezerewe, tubaho mu buzima buzira gupfa, buzira icyaha. Muri We tubaho mu bwisanzure, mu byishimo n’umunezero.

Mu Ivanjili, twabonye abagore bajya ku mva bagasanga ikinguye kandi irimo ubusa. Iki ni kimwe mu bimenyetso bigaragaza izuka rya Yezu, ni ryo shingiro ry’ukwemera kwacu: Yezu yazutse koko! Urupfu ntirwamuheranye ahubwo yararutsinze. Ibyo byahinduye amateka y’isi n’ubuzima bw’abamwemera bose. Kuzuka kwa Yezu niryo shema ryacu.

Ariko se izuka risobanura iki mu buzima bwacu bwa buri munsi? Ubutumwa bw’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda bageneye abakristu muri uyu mwaka wa 2026, buratwibutsa ko tugomba kuba “abahamya ba Kristu wazutse”. Abepiskopi batwibutsa ko bidahagije kwizihiza Pasika gusa, ko ahubwo tugomba no kubaho turangwa n’umutsindo wa Kristu, kubaho mu buzima bushya burangwa n’urukundo, ubwicishe bugufi no kwitanga.  

Tugomba kuba abahamya b’izuka bigaragazwa no kwemera tudashidikanya ko Kristu yazutse. Nk’uko intumwa zabanje gushidikanya ariko nyuma zikemera, natwe tugomba kuva mu gushidikanya tukagera ku kwemera gukomeye. Dukwiye kubaho mu buzima bushya, Pasika ikadutera imbaraga zo kureka ingeso mbi, urwango, uburakari, umushiha, inzika n’ibindi byose bidutandukanya n’Imana. Izuka rya Kristu ridusaba kuva mu mwijima tukajya mu rumuri. Tugomba kwemera no kwamamaza Inkuru Nziza. Mariya Madalena amaze kubona ko Yezu yazutse ntiyagumye aho, ahubwo yahise ajya kubwira abandi ibyabaye. Natwe ntitugomba kwihererana ukwemera kwacu ahubwo tugomba kugusangiza abandi mu magambo, mu isengesho no mu bikorwa.

Abepiskopi kandi baraduhamagarira kuba abahamya b’ukuri, urukundo n’amahoro, cyane cyane muri ibi bihe isi irimo bikomeye. Batwibutsa ko hari abantu benshi bataye ukwemera cyangwa bagatwarwa n’ibintu by’isi, Hari abacitse integer, bavuga ko insengero zifunze, bityo bakibutswa ko mu bihe bikomeye ariho umukristu akwiye kugaragariza urumuri rw’ukwemera n’urukundo. Batwibutsa ko dukwiye guhaguruka tukagaragaza ko Kristu ari we Nzira, Ukuri n’Ubugingo. By’umwihariko nk’abanyarwanda, tukazirikana amateka yacu arimo n’ibihe bikomeye bya Jenoside yakorewe Abatutsi twanyuzemo. Nk’uko Abepiskopi babivuga, Pasika iduha urumuri rwo kwizera ko urupfu atari iherezo, ko ubuzima butsinda urupfu. Niyo mpamvu tugomba kurangwa n’ubumwe, amahoro n’ubwiyunge, tukumvira Roho Mutagatifu twahawe kugira ngo atubere urumuri.

Bavandimwe, nta muntu ushobora kuba umuhamya wa Kristu atabanje guhura na we. Burya ngo utumikira uwo badaherukana aramubeshyera. Twitoze kandi dukunde guhura na We mu isengesho, mu Ijambo ry’Imana no mu amasakaramentu, kugira ngo abe ari We utuyobora. Roho Mutagatifu ni we uduha imbaraga zo kubaho uko Kristu ashaka, tumufungurire imitima ayitahe: “Ngwino Roho w’Imana, ngwino utahe imitima yacu!”

Bakristu bavandimwe, Pasika si umunsi umwe gusa ahubwo ni ubuzima. Ni urugendo rwo kuva mu cyaha tujya mu bugingo; ni urugendo rwo kuva mu mwijima tujya mu rumuri. Ni urugendo rwo kuba umuhamya w’izuka.  Muri iki Gitambo cy’Ukaristiya, dusabe Imana iduhe umutima mushya, itwongeremo ukwemera, iduhe ubutwari bwo kuba abahamya b’ukuri. Iturinde kumera nk’abigishwa batinye, ahubwo tube nk’Intumwa zatinyutse kwamamaza izuka rya Kristu ku isi yose. Bikira Mariya, Umubyeyi wa Yezu wazutse, adusabire kugira ngo dukomere mu rugendo rw’ukwemera. Kristu yazutse koko, Alleluya! Natwe niduhaguruke tube abahamya b’iyo nkuru Nziza mu buzima bwacu bwa buri munsi. Amen.

Padiri Jean Damascène UWIRINGIYIMANA

 

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka