^

INYIGISHO Y’ICYUMWERU CYA 32 GISANZWE. UMUNSI KILIZIYA Y’I LATERANO YEGURIWEHO IMANA, UMWAKA C, TARIKI YA 09 UGUSHYINGO 2025

Publié par: Padiri KWIZERA Jean Mari

Amasomo matagatifu tuzirikana:

ü  Isomo rya mbere: Ez 47,1-2.8-9.12

ü  Zab 45

ü  Isomo rya kabiri: 1Co 3,9c-11.16-17

ü  Ivanjiri: Yh 2,13-22

 

KWEGURIRA IMANA KILIZIYA: UBUMWE, UMUKIRO N’UMUGISHA KU BANTU BOSE

Kuri iki cyumweru cya 32 gisanzwe cy’umwaka wa Liturujiya turahimbaza umunsi mukuru wa Kiliziya ya Mutagatifu Yohani i Roma yeguririweho Imana. Ni umunsi mukuru ufite igisobanuro gikomeye mu mateka ya Kiliziya gatolika ku isi hose.

Mu gihe dutangarira inyubako nziza ikomeye n’imitako biyigize, kandi aribyo koko, tugahimbaza uko iyo nyubako yeguriwe Imana, amasomo matagatifu yo kuri iki cyumweru aradusobanura Kiliziya icyo ari cyo kuri twebwe na Yezu uwo ari We muri twe.

 Kiliziya nyayo dusabwa kurangamira ni Kristu wazutse.  Yezu abisobanura yifashishije ingoro yubatswe n’abantu kugira ngo atwiyereke we ubwe. Mu gihe Mutagatifu Pawulo, ahera kuri Kristu wazutse akadusobanurira uko natwe turi ingoro za kristu zituwe na Roho Mutagatifu. Naho mu isomo rya mbere umuhanuzi Ezekiyeli aratwereka ko amazi avubutse mu ngoro, aho ageze hose atanga ubuzima n’uburumbuke.

Uyu munsi rero, turibuka umunsi Kiliziya ya Mutagatifu Yohani i Roma yahaweho umugisha. Iyo Kiliziya iri i Roma, ihimbazwa nk’umubyeyi w’izindi kiliziya. Ibi ibikomora mu mateka akomeye y’ubukristu. Umwami w’abami Constantin yemeraga ku mugaragaro ko ubukristu bwemewe nk’iyobokamana kandi agahagarika itotezwa ry’abakristu mu mwaka wa 313, yanatanze uburenganzira bwo kubaka iyi Kiliziya duhimbaza none, kandi ihinduka icyicaro gikuru cy’Umwepiskopi wa Roma.  Yaje guhabwa umugisha na Papa SILIVESTRI ahagana mu mwaka wa 324.  

Umugisha wayo ntabwo yawakiriye yonyine, wahawe Kiliziya yose, kuko yo ubwayo, ibonwa nk’ikimenyetso cy’ubumwe bwa Kiliziya, Kiliziya imwe rukumbi ariyo Mubiri wa Kristu. Bityo rero, abemera Yezu Kristu, twibumbiye muri Kiliziya imwe; twibumbiye mu mubiri umwe ari we Kristu.

Umugisha rero wahawe iyo Kiliziya, wahawe na Kiliziya yose, uhabwa buri muntu wese wunze ubumwe na Yezu Kristu. Ni yo mpamvu, mu kwibuka umugisha iyo Kiliziya yahawe, duhimbaza n’indi migisha yose yahawe kiliziya zose muri ubwo buryo, ariko cyane cyane umugisha buri wese ahabwa, kubera ko yiyumvamo ko ari ingoro ya Ktistu, nk’uko Pawulo Mutagatifu abitubwira. Ni umwanya rero, kubemera Kristu twese wo kwishimira ko Yezu Kristu yemeye kwigira umuntu agatura rwagati muri twe. Ibyo ngibyo bigatuma turushaho guhurira hamwe twebwe ubwacu kubera ko turi abavandimwe, turi umubiri umwe.

Igihe abantu bahuriye mu Kiliziya basenga, kiba ari ikimenyetso cy’ubumwe kirebeshwa amaso. Kubera ko baba bahujwe n’ukwemera kumwe, amizero amwe urukundo rumwe, kuko bemera Nyagasani umwe kandi bakamuhabwa. Nyagasani Yezu Kristu rero wemeye kuduturamo, wemeye kutugira umwe, umuntu wese w’umukristu agira igihe cyo kumushimira hamwe n’abandi.

 

Impmamvu nyamukuru y’ubumwe bwacu ni Kristu; yaduhishuriye byuzuye Imana Data, atubumbira mu muryango umwe ari wo Kiliziya. Kiliziya rero, nk’ingoro iboneshwa amaso y’amabuye cyangwa y’amatafari n’ibindi byose bishobora kubakishwa, ni ikimenyetso cy’ubumwe bw’abakristu. Ni nk’uko buri wese afite umwihariko mu mikorere no miterere, ndetse no mi mitekerereze ye ariko ntibidutandukanye, ahubwo bikaba ubukungu butuma umubiri wa Kristu ariwo Kiliziya wigaragaza ku buryo bwinshi, kandi bwuzuzanya.

 

BATISIMU: IGIHANGO CY’UMUGISHA N’UBUMWE MURI KRISTU

 

Uwabatijwe wese, agirana amaserano na Kristu na Kiliziya ariyo: kwanga icyaha, gukurikira Yezu Kristu no ku mwamamaza. Batisimu itugira abavandimwe ndengakamere, iduhuza n’abemera Kristu aho bava bakagera ku isi hose. Bityo igahinduka inzira y’Umukiro wa bene muntu n’igihango kiduhuza muri Yezu Kristu.

Mu isomo rya mbere, Umuhanuzi Ezekiyeli arabonekerwa yerekwa amazi y’ubugingo yasohokaga mu Ngoro aho anyuze hose, nyuma yo gusukurwa agatanga ubuzima n’uburumbuke.

Mu by’ukuri tugomba kumva mbere na mbere ko Ingoro y’Imana ishobora byose mu bantu ari Yezu Kristu ubwe.  Bityo uwahuye nawe muri Kiliziya, uwamuhawe mu Ukaristiya, uwumvise Ijambo rye agahinduka aba sukuye wese, nawe aho anyuze hose yakagombye kuba utanga ubuzima.

Muri iyo ngoro rero byanze bikunze, hasohokamo imbaraga zitanga ubugingo. Kiliziya aho yubatse, umukristu aho atuye, umukristu abo abana na bo, ababera ikimenyetso kibaha ubuzima. Niba koko uri umukristu, uzabera abandi intandaro yo kwinjira muri Kristu, abari babi bazahinduka beza kuko mwahuye ukabereka indi nzira, ukabereka ubuzima bwa Yezu Kristu.

Hahirwa rero mu buzima bwabo abakoze icyo Nyagasani Yezu Kristu abahamagarira gukora. Kuba amazi atanga ubugingo, gutanga urugero rwiza abikesha imbaraga za Roho Mutagatifu, n’amasakramentu matagatifu agaburira ukwemera kwacu.

NJYEWE NAWE, TWESE TURI INGORO Y’IMANA

Twese abemera Yezu Kristu, dufite ubutumwa bwo kungura umuryango w’Imana, kwisukura ku mutima no ku mubiri, kubaha no gusukura Kiliziya duhuriramo dusenga Imana twunze ubumwe na Yezu Kristu.  Nk’uko mu Ivanjili Yezu Kristu agaragara asukura ingoro; ayikiza ibyayibuzaga byose kuba ikimenyetso kizamura abantu kibaganisha mu ijuru, buri mukristu nawe afite ubwo butumwa.

Si ngombwa ko na we afata uriya mugozi nk’uko bivugwa mu Ivanjili ngo arirukana abo bajura n’ibindi n’ibindi, ahubwo kwihatira guhinduka no kubaho bihuje n’ukwemera dukesha Yezu Krstu mu Kiliziya biradukiza twebwe ubwacu bikanatanga urugero rukwiye kwiganwa n’abatubona bose.

 Imbaraga z’urukundo rwa Yezu Kristu zashyiraga abantu kuri gahunda zikabasukura, zikabacyaha, zibajyana mu nzira itunganye yubaha Ingoro y’Imana mu bantu.

N’umukristu na we afite uburyo agenda afasha abandi mu mbaraga ahabwa na Yezu Kristu kuri ubwo buryo, ababera urumuri, ababera amazi abasukura amazi atanga ubugingo. Igihe cyose rero duhuriye mu Ngoro dusenga turangamiye Imana, iduha izo mbaraga ziha abandi ubuzima ,zibuduha natwe ubwacu kandi zikarushaho no kwiyongera.  Kuri uyu munsi rero, Roho Mutagatifu aduhe ingabire yo kumva ko turi umubiri wa Kristu, turi Ingoro ya Kristu, bityo abo duhuye bose tukaba tugomba kubafasha kuyinjiramo, kwinjira muri Kristu, guhura na Kristu bakira ubuzima. Uyu munsi kandi wongere kutwibutsa icyubahiro tugomba guha Kiliziya nk’inyubako igenura ikimenyetso cy’ubumwe bw’abemera Kristu. Uyu munsi kandi wongere kutwibutsa kubaha mugenzi wacu nk’ingoro ituwemo n’Imana. Dusabire kandi abashinzwe gukomeza ubumwe bw’abakristu muri Kristu.


Padiri KWIZERA Jean Marie

 

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka