Amasomo matagatifu tuzirikana:
ü Isomo rya mbere: Mal 3,19-20a
ü Zab 98(97), 5-6. 7-8. 9
ü Isomo rya kabiri: 2 Tes 3, 7-12
ü Ivanjili: Lk 21, 5-19
Uyu munsi ijambo ry’Imana ribwiwe abantu
bose bo mu ndimi zose, imiryango n’imico itandukanye, bitari mu migani
n’ibigereranyo ahubwo mu buryo bweruye bugamije gukangura no gukangurira buri
wese mu myumvire itandukanye kumenya ikuzo ry’Ingoma y’Imana.
Kiliziya nk’umuryango w’abemera igomba
guharanira umukiro w’abantu bose. Mu rugendo rwayo isakaza amahoro, ubumwe
n’ubwumvikane mu nyigisho zijijurira abantu iby’Ingoma y’Imana. Kuba rero hari
abanangira umutima mu bijyanye n’urugendo twese duhamagariwe, ntacyo bakwitwaza
kuko utarigishijwe n’ibyo yahawe yigishijwe n’ibyo yabonye. Ingoma y’Imana ni
ingoma y’urukundo n’amahoro. Biciye muri ibyo bimenyetso, kiliziya igeza ku
bantu bose ubutumwa bwa Kristu watwitangiye kugira ngo dukire. Mu kudukiza, Yezu
ntashaka ko hari n’umwe wazimira mu bo Imana yamuhaye. Ni yo mpamvu uyu munsi,
Nyagasani yaduhumurije, atumara impungenge mu biduhangayikishije cyangwa biteye
ubwoba agira ngo tudakuka umutima ahubwo tumubere abahamya mu bantu.
Turi kugana ku musozo w’umwaka wa
Liturjiya; ngaha urugendo rwacu rugeze ku musozo. Twisuzume tutihenze, twereke
Nyagasani intege nke zacu, aturamize impuhwe ze. Ni we uduhumuriza agira at: “muzirinde guhagarika umutima mwibaza uko
muziregura, kuko ubwanjye nzabaha imvugo n’ubuhanga, abanzi banyu batazashobora
kurwanya cyangwa kuvuguruza”
Ni byinshi twagiye duhura na byo biduca
intege, nyamara Nyagasani akatuba hafi. Tumaze iminsi tuzirikana inyigisho ze
zongera kudushishikariza kutohoka ku by’isi bihita, ahubwo tukarangamira Imana
yo buranga bw’ibyiza byose yaremye. Ntakindi kimenyetso dutegereje kitari uko
yatwoherereje umwana wayo w’ikinege kuducungura. Adukiza atyo ibyadukuraga
umutima byose, adukura ku nkeke y’icyaha, atugira abana b’Imana.
Mu ivanjili, Yezu aratuburira iby’ubuzima
buri imbere. Mu gihe abandi barangariraga ibitatse Ingoro kandi basingiza
ubuhangange bwabo, Yezu we atangaje ko tugomba guhindura imyumvire
tukarangamira Imana yonyine kuko ari yo ihoraho, ibindi birashira, ndetse
bihita bwangu. Umunyarwanda ati: “Ntagahora gahanze” Ntawari uzi ko byagenda
bitya… Ni ryari tuzumva ko imibereho yacu, ibyishimo byacu bidashingiye ku
bigaragara byakozwe n’amaboko y’abantu? Twagenda dute tutazi iyo tujya? Yezu
ati: “Hazaba ibintu biteye ubwoba…
bazabafata, babatoteze, babace mu masengero, babarohe mu buroko; bazabajyana
imbere y’abami n’abatware, babaziza izina ryanjye. Ibyo bizatume mumbera
abahamya.” Umukristu wese ahamagariwe kuba umuhamya y’ububabare bwa Kristu.
Maze urupfu n’izuka rye bikatubere isoko y’amizero, ubuvandimwe n’amahoro
twizeye kuzaronka ubugingo bw’iteka. Ni yo mpamvu agira ati: “Mu bwiyumanganye bwanyu, nibwo muzarokora
ubuzima bwanyu” Yezu ntashaka ko duhera mu bujiji ku byerekeye ubuzima
bw’iteka. Ibyishimo umuntu abigeraho yabanje kubabara. Ariko kandi ntawe utsinda
atarwanye! Niba dushaka intsinzi ihoraho, niba dushaka ibyishimo bidashira, niturwane
urwo rugamba rwo kubigeraho.
Mu isomo rya mbere, ubuhanuzi bwa
Malakiya, buraburira buri wese ibihembo bimutegereje ku munsi Nyagasani
yigeneye. Abagome n’abirasi bazashyirwa mu itanura rigurumana n’aho ab’umutima
mwiza izuba rizabarasireho ubuziraherezo. Twisuzume turebe uruhande turimo kuko
Nyagasani adashaka ko twatungurwa n’uwo munsi ahubwo buri wese mu mahitamo ye
azabone icyo yaharaniye. Icyaduha tukabarizwa mu bazahabwa ikamba ry’ubuzima
bw’iteka. Pawulo we arashimangira ko ibikorwabyacu ari byo biduherekeza. Umuntu
asobanurwa n’ibikorwa bye. Mu buvandimwe, abantu ni magirirane. Ibikorwa byacu
byunganirwe n’umugisha w’Imana. Ariko se umuntu udakora, azahemberwa iki?
Twigire ku migenzo myiza y’abadushyikirije Inkuru nziza, badutoje ko
umuhamagaro wacu ari ugukora duharanira ubutungane. Imirimo yacu itume dufasha
abadashoboye gukora, tumenye ababeshejweho n’ibyiza tubakorera.
Turazikana uyu munsi, umukene udutuyemo
twe tugize umuryango w’Imana. Tubone mu bukene bw’undi, itegeko ryo gufasha.
Muri bwa butungane duharanira, ibikorwa byacu byo kwita ku mukene bize mbere ya
byose, bityo ingoma y’Imana ikomeze ishinge imizi mu mibereho yacu ya buri
munsi.
Padiri Anaclet AKARIKUMUTIMA