Amasomo matagatifu tuzirikana :
ü Isomo rya mbere :
Intag 18, 1-10a
ü Zab 15 (14)
ü Isomo rya
kabiri : Kol 1, 24-28
ü Ivanjiri :
Lk 10, 38-42
Ku cyumweru gishize twazirikanye ku
itegeko ry’urukundo: gukunda Imana no gukunda bagenzi bacu turebeye kandi
tubyigiye kuri Yezu Kristu. Twamenye mugenzi wacu uwo ari we. Amasomo y’iki
cyumweru araduha izindi ngero zifatika z’urwo Rukundo. Kwakira umunyamahanga,
kwakira umugenzi, kwakira ugukeneye ni igikorwa cy’urukundo. Kwakira umuntu
twavuga ko ari ukugirira neza uwo ari we wese nta nyungu yindi utegereje uretse
kugira neza.
Mu isomo rya mbere twumvise Aburahamu
wakiriye kandi akagirira neza abantu batatu bitambukiraga, maze abikesha
kwakira abamalayika atabizi (Hb13,2) nuko we na Sara babatangariza inkuru nziza
ko bagiye kubona urubyaro, ko bagiye kubona umugisha. Burya koko umushyitsi ni
umugisha kandi ngo akurisha ku mbuto. Mu ivanjili turabona Yezu yakirwa neza mu
rugo kwa Marita na Mariya. Yezu araza iwacu mu Ijambo rye n'amasakramentu ye. Aba
bakobwa bombi, buri umwe aramwakira ku buryo bwe. Mariya yicaye iruhande
rw’ibirenge bya Nyagasani yumva amagambo ye. Marita we yari ahugiye mu byo
gushaka amazimano. Mu gihe Marita yumva yatereranywe n’umuvandimwe we, Yezu
aramwerekako no gutega amatwi amagambo ye ari ngombwa kandi ari byo bya mbere.
Aragira ati: “Marita, Marita, uhagaritse umutima kandi urahihibikanywa na
byinshi, nyamara ibya ngombwa ni bike, ndetse ni kimwe gusa. Mariya rero
yahisemo umugabane mwiza udateze kumwamburwa.” Yezu arahera kuri iryo tegura
ry’ibitunga umubiri kugira ngo yerekane ko ikiruta ibindi ari kimwe gusa:
ukwakira Ijambo ry’Imana rikatuyobora.
1. Kwakira abantu neza
tubikesha kwakira Imana tukabironkeramo n'umugisha.
Indangagaciro yo kwakira abashyitsi
ari abo tuzi ndetse n'abo tutazi byari umuco wo hambere ariko urasa n'abo
ugenda utakara buhoro buhoro. Umuntu wafataga urugendo agiye ibunaka ntabwo
yigeraga agira impungenge ku bijyanye n'icumbi cyangwa se ifunguro. Aho bwiraga
ageze yacumbikaga aho kandi agafatwa neza cyane. Abanyarwanda bo bavugaga ko
umushyitsi ari umugisha. Birindaga ko agenda aticaye ngo atabatwara umugisha
yari abazaniye. Yewe kugeza no ku mvugo igira iti:"umushyitsi muhire
akurisha ku mbuto." Iyo amazimano yaburaga bagiraga
bati:"ntagisanganywe nk'amagambo". Bakicara bagahuza urugwiro,
bakamutega amatwi kandi nabo bakamuganiriza. Uyu munsi se kwakira abashyitse
iwacu bihagaze bite ? Ahubwo se abashyitsi tugira cyangwa se twifuza iwacu ni bande
? Uyu munsi wa none usanga akenshi na kenshi abashyitsi tugira ari za nshuti
duhorana, dukorana, ba bandi duhuriye kur izi nyungu cyangwa se ziriya, ba
bandi dusanzwe dutumirana tukanasangira. Uku kwakira kwiberamo ikimenyane gusa. Uretse no kuba dusigaye twubaka inkuta
cyangwa ibipangu bidufasha gukumira abo tudashaka ko binjira mu ngo zacu maze
bigahora bifunze, n'imitima yacu bisa n'aho nayo tugenda tuyifungira bagenzi
bacu badukeneye. Ibyo aburahamu yakoreye bari bantu batatu bari bamuhingutseho
byari bimuvuye ku mutima. Yego yari atunze byinshi ariko yaranafite umutima
ufunguye, ugira ubuntu, umutima wuje ineza n'urukundo.
Umukristu urangwa n'imigenzo
y'ivanjili agenda arushaho kwakira no kumenya Imana. Imana yacu yuje urukundo
n'impuhwe tuyakirira kandi tuyimenyera mu bikorwa byiza dukorera uwo ari we
wese Imana yashyize cyangwa ihora ishyira mu nzira zacu. Yezu ati :"ibyo
mutagiriye umwe muri abo baciye bugufi ni njye mutabigiriye (Mt25).
Ibyiza dukora turabihemberwa ari muri
ubu buzima, ari ndetse no mu buzaza buzahoraho iteka. Aburahamu yaronse
umugisha wo kubona urubyaro abikesheje kwakira abashyitsi. Abanyarwanda bakunda
kuvuga bati :" gira neza wigendere, ineza yawe uzayisanga imbere." Mu
by'ukuri bariya bagabo Aburahamu ntabwo yari abazi kandi yabakiriye neza nta
zindi nyungu abatezeho ariko zari intumwa z'umugisha kuri we. Natwe iyo
twakiriye neza abadukeneye tukabatera ibyishimo tuba twizigamiye ibyiza duhabwa
n'Imana ubwayo. Dusabe Imana kugira ngo ineza yacu igaragarire abantu bose.
2. Ibanga twahishuriwe kandi
twakiriye ni Kristu.
Muri iki gihe iyo umuntu akoze
igikorwa cy'indahangarwa baramubaza bati:" ibanga wakoresheje ni irihe ?
Mu isomo rya kabiri Pawulo intumwa arahamiriza Abanyakolosi ko Kristu uri muri
bo ari ryo banga rizabageza ku byiza byose bizeye. Kwakira Kristu mu Ijambo rye
no mu masakramentu ye ni ibanga rikomeye ku muyoboke we. Muri iki gihe
turahihibikanywa na byinshi. Turashaka ubuzima, twirirwa muri jugujugu dushaka
ibitunga umubiri. Ariko nk'uko umuririmbyi yabivuze neza, tujye dusaba
Nyagasani aduhe kwitsa imirimo yacu kugira ngo tujye no kumwambaza. Gusenga no
gukora bibe igisingizo gikwiriye Nyagasani. Icyumweru, umunsi wa Nyagasani
tuwuhe agaciro gakomeye. Twegere Nyagasani tumutege amatwi maze aduhaze ibyiza
by'ijuru. Ntabwo ari twebwe dutegurira Nyagasani ameza ahubwo ni we uza
akadutegura kandi akanayadutegurira kugira ngo aduhaze ibyiza tudateze
kwamburwa. Naze adutahe imitima maze tuzabashe kuronka ikuzo twizeye.
Padiri Modeste NSENGIMANA
Retour aux homelies