^

INYIGISHO Y’ ICYUMWERU CYA KABIRI CYA PASIKA. ICYUMWERU CY’MPUHWE Z’IMANA. UMWAKA C, TARIKI YA 27 MATA 2025

Publié par: Padiri Gilbert NTIRANDEKURA

Amasomo matagatifu tuzirikana:

ü  Isomo rya mbere: Intu 5, 12-16  

ü  Zaburi 118 (117)

ü  Isomo rya kabiri:  Hish 1, 9-11a.12-13.17-19                                                                                                                                

ü  Ivanjili: Yh 20, 19-31

Bavandimwe,

Uyu munsi Kiliziya ntagatifu irahimbaza icyumweru cya kabiri cya Pasika ari nacyo cyumweru Kiliziya yageneye kuzirikana byumwihariko impuhwe z’Imana. Dukomeje rero kwakirana ibyishimo izuka rya Yezu tuvugura muri twe inema yo gutunganira Imana, nkuko yubile y’impurirane ibidushishikariza n’iyibukiro rya mbere mu y’ikuzo rikabitwibutsa rigira riti:’’Yezu azuka… Dusabe inema yo gutunganira Imana.”Igihe cya Pasika rero si ukwishimira gusa intsinzi ya Yezu kuri shitani, icyaha n’urupfu, ahubwo ni ugukomeza gusaba Yezu inema yo kwakira intwaro zose aduha kuri roho no ku mubiri, ngo zidufashe gutunganira Imana, bityo tugahimbaza pasika zacu buri wese mu buzima bwe atsinda shitani, icyaha n’ubupfu ubwo aribwo bwose. Amasomo matagatifu tumaze kumva aratwibutsa zimwe mu ntwaro zikomeye zo gutunganira Imana nyabyo arizo kwakira amahoro ya Kristu dukesha impuhwe ze no ku mubera umuhamya mu isengesho, mu magambo no mu bikorwa.

1.KWAKIRA AMAHORO YA KRISTU DUKESHA IMPUHWE ZE

Ijambo amahoro rikomoka ku nshinga guhora.Imwe mu mbuto zikomeye z’Impuhwe za Yezu ni uguhoza, ni ukuruhura.Mu ivanjili ntagatifu, twumvishe Yezu wazutse asanganiza abigishwa be amahoro ubugira gatatu agira ati: “NIMUGIRE AMAHORO (Yh20,19.21.26).  Ese ni kuki Yezu wazutse, amahoro ariyo yabaye inyikirizo n’intero bye asesekaje ku nkoramutima ze?

1. Izuka rya Yezu ryabaye ku munsi wa mbere w’icyumweru ritwibutsa wa munsi wa mbere w’iremwa, aho Imana yahanze urumuli, (Intg1,3) umucyo ugatamanzura. Yezu niwe Rumuli nyarwo ruje guhanga isi bundi bushya, igiye gutangira ku bamurikiwe n’izuka,ishingiro ry’ukwemera kwacu. Umuhanzi yagize ati: …ukazuka wera nk’izuba…Zuba-rirashe(Lk1,78) wadusuye yigira umuntu agaca mu icuraburindi ry’ububabare, urupfu no mu mva iminsi itatu, aje kongera gutangaza urumuli rw’amahoro akesha kuzuka asangiza ibiremwa byose ingabire y’izuka, agakomeza ku buryo budasubirwaho umurimo yari yaratangiye wo kunyura hose agira neza azura muntu kuri roho no ku mubiri. Bityo muntu akaba ikiremwa gishya  gitunze amahoro nyakuri akomoka ku mpuhwe Yezu yifashisha amukiza kuri roho no ku mubiri. Kuko aho impuhwe nyakuri zinyuze zisiga zikemuye ibibazo byabuzaga  muntu kugira amahoro kuri roho no ku mubiri. Bityo Yezu atangiza bwa mbere ingingo ntera hirwe yo gutera amahoro kuko ari we mwana w’Imana Uhebuje. 

2. Ab’ikubitiro rero yahereyeho atera amahoro akabasangiza ingabire ya Pasika, ivana muntu mu mva y’umwijima, ikamuha urumuli ni intumwa ze. Mu ivanjili batubwira bimwe mu bimenyetso by’imva bari barimo zababuzaga amahoro,nko kwikingirana kubera ubwoba bari bafitiye abayahudi, isoni, ipfunwe n’ikimwaro bari buzuye bitewe no gutererana, kwihakana, kugambanira no gutanga Umwami wabo kandi yari yababuriye, agahinda ko gupfusha kabiri: urupfu ruteye isoni rwa Yezu Kristu ndetse n’urwa  Yuda mugenzi wabo bari baravanye Galileya, bakabana imyaka itatu, agatsindwa ku munota wa nyuma, ukwibaza uko bazahinguka muri sosiyete no mu ngo zabo nyuma y’imyaka itatu  barakurikiye umuyaga nk’uko abigishwa ba Emmawusi babivuga (Lk 24, 13-35)…Mu kubona rero Yezu Nyiribikomere (ibiganza n’urubavu  bye), ibi byose ntibamenye iyo binyuze, maze mu mahoro abahaye, impuhwe ze zikoreramo umurimo wo kubakiza ibyo bamukoreye byose, intege nke bagaragaje, n’ibindi byari bibahangayikishije byose, maze ibyari amarira bihinduka umunezero , ibyishimo birabasaga. 

3.Nyuma rero yo guhoza intumwa ze yifashishije amahoronyampuhwe ye, hakurikiyeho kubaha amahoro bwa kabiri yo kubatuma kujya kuzura abandi babakiza ikibi kiruta ibindi aricyo cyaha (ukwitandukanya n’Imana na mugenzi wawe) bayobowe na Roho mutagatifu,umuhoza. Bityo abagira intumwa z’impuhwe ze, abaha ububasha bwo gukiza ibyaha ngo abakomerezemo umurimo wo guhashya icyamwicishije(icyaha) maze iremwa rishya ryuzurizwe mu guhinduka.

bityo yerekana ko pasika imunyura ku muntu, ari ukumubona yazutse ashishikariye kubaho mu butungane nyuma yo gukizwa urupfu rw’icyaha muri penetensiya.

4.Nyuma yo kuzura intumwa ze icumi no kuziha ubutumwa bwo gutera amahoro y’uwakijijwe ibyaha, Yezu yakurikijeho kuzura Tomasi, utari uhari kuri Pasika, amukiza ingoyi yo gushidikanya. Koko nubwo ashobora kuba yari afite impamvu yumvikana yo kutahaba, impamvu ntikuraho igihombo. Yahombye ukwemera.Kandi koko umuntu ukunda gusiba gahunda, biragoye kumwumvisha icyahanzuriwe.Tomasi, kubyo bakoreye abandi mu kureba Yezu we yanongereweho no gukoraho. Nuko Yezu amaze kubaha amahoro bwa gatatu no kumwiyereka mu isura ye y’ibikomere, asabwa kuba umwezi bivuga umuntu umara kwemera nyuma akajya no kuba umuhamya. Nuko Tomasi amaze gushengerera Uwazutse, aramya agira ati:”Nyagasani, Mana yanjye”. Nuko Yezu atangariza muri Tomasi ingabire yo guhirwa mu kwemera hatabanje ukubona. Bityo impuhwe za Yezu zihamagarira Tomasi ukwemera gutagatifu, zo banga ridahezwa ry’ukwemera. Ni gute natwe twaba abahamya b’uwazutse?

2.KUBA ABAHAMYA B’AMAHORONYAMPUHWE Y’UWAZUTSE

Bavandimwe, muri batisimu twasezeranye kwanga icyaha, gukurikira Kristu no kumwamamaza. Ivanjili ntagatifu tumaze kuzirikana ndetse n’andi masomo ya none biradusubiza ku isoko y’ubukristu dukesha urupfu n’izuka bya Yezu Kristu cyane ingabire y’ubutungane dukesha impuhwe ze. Uyu munsi natwe twaje guhura na Yezu wazutse kugira ngo adukomerezemo umurimo yatangiranye n’intumwa ze nyuma yo kuzuka aduhazaha amahoro ye adukiza ibitubangamiye byose kuri roho no ku mubiri nyuma adutume

kuyageza kuri bose. Twaje kugirango turangamire ibikomere bye bitagatifu maze aduhaze impuhwe ze. Nkuko twabibonye abahuye nawe nyabyo, abaha ingabire ikomeye yo gutunga no gutanga impuhwe ze nk’ikimenytso cy’amahoro atagereranywa isi idashobora gutanga. Nkuko rero ntawe utanga icyo adatunze, nimucyo tubanze turebe inzira zo gutunga impuhwe ze nyuma tumusabe kumubera abahamya mu mvugo n’ingiro.

1.      Mu isengesho

Ari ihura rya Yezu  n’abigishwa be, ari uko yagiranye ubusabane na Tomasi, ari n’uko twumvishe mu gitabo cy’ibyahishuwe,  ihura rya Yohani ku munsi wa Nyagasani (icyumweru)n’umeze nk’Umwana w’umuntu…’Uwibanze  n’Uwimperuka, uwari warapfuye akazuka… byose biratwereka ko ishingiro ndasimburwa  ryo kwakira amahoronyampuhwe ya Yezu ari uguhura nawe, ukamurangamira, akakuzurizamo ibyo yakoreye abakurambere twumvishe none agukiza kuri roho.Ibi byatsindagiwe n’abapapa batatu (Mutagatifu Yohani Pawulo wa kabiri,Benedigito wa cumi na batandatu na Fransisko) bemeza ko ihame rya mbere ry’uburyo bushya bwo gucengerwa n’ivanjili (nouvelle évangélisation)ari uguhura by’umwihariko n’Imana(rencontre personelle avec Dieu).  Nta wundi wundi wakurema bundi bushya uretse uwakuemye. Nitwegerane rero ubwizere intebe ya Nyirineza kugira ngo tugirirwe impuhwe kandi duhabwe imbaraga zizajya zidufasha igihe kigeze (Heb

4,16). Nitumusange mu isengesho, amasakramentu, igitambo cy’ukaristiya… maze atwuzurizeho izuka rye kuko aho impuhwe ze  zinyuze zisiga zisukuye ubuzima bwahise zifashishije imbabazi maze zigatanga imbaraga nshya zo guhata ibirenge  inzira y’ubutungane,  ugakomeza urugendo rw’amasezerano ya Batismu n’andi yose warenzeho ukaba intwari ku rugamba. Nkuko atigeze abanza gucyurira abigishwa kubera ububwa bwabo niko ashishikajwe gusa no guha Pasika (izuka ) roho zose zishyira amizero yazo muri we iteka cyane kuri uyu munsi mukuru w’Impuhwe ze nkuko yabibwiye umunyamabanga w’impuhwe ze mama Fawustina agira ati:”Ndashaka ko uwo munsi ubera roho zose ubuhungiro n’amirukiro cyane cyane iz’abanyabyaha bakomeye.Kuri uwo munsi,nk’amazi avubuka mu isoko,ubusesekare bw’impuhwe zanjye buzisukiranya nk’inyanja yimena kuri roho zose zizaza kunywera ku iriba ry’impuhwe zanjye.”(P.J.300 ) Niturangamire rero Yezu ruhanga tureberaho impuhwe.

2.      Mu magambo 

Ngo akuzuye umutima gasesekara ku munwa kandi ijambo ryiza ni mugenzi w’Imana.Uguhura nyabyo na Yezu byuzuza umutima wacu amahoro n’urukundonyampuhwe.Nkuko bacomeka telephone ku muriro ikabasha kuvugirwaho, niko kurangamira Yezu nka Tomasi, byuzuza umutima amahoronyampuhwe n’ukwemera, ukamwamamaza nyabyo mu mvugo no mu ngiro.  Bityo ururimi rwacu rukaba gusa igikoresho cyo kwamamaza Inkuru nziza ijijura abandi, igira inama nziza, yomora ibikomere, ikaburira abari mu kibi cyangwa abatana, ikunga abavandimwe, igahumuriza abihebye n’abashavuye, igatanga icyizere cy’ejo hazaza, ikagarura mu nzira nziza abahabye, ikaba umusemburo w’ubumwe … Ntushobora kubwira abandi ngo mugire amahoro ntayo wifitemo. Nitube rero nk’intumwa Yohani, aho turi hose tuhabeshwe n’impamvu y’ijambo rishimwa n’Imana n’iy’ubuhamya bwa Yezu.

3.      Mu bikorwa

Nkuko Yezu yaranzwe no kugira neza aho anyuze hose,maze yazuka agashishikazwa mbere ya byose no kwiyereka intumwa ze aziha amahoro akazikiza inkeke zose, akaziha n’ubutumwa bwo kugeza impuhwe ze kuri bose maze bakabishishikarira barangwa n’umutima umwe mu isengesho, mu bikorwa by’impuhwe no mu buhamya bwiza batangaga bagashimwa na rubanda rwose, natwe nitugenze nkabo twuzure impuhwe ze turamire abari mu kaga bose nkawe.

Hamwe n’ingabire dukesha yubile y’impurirane duhimbaza, nitwakire impuhwe n’amahoro bye mu isengesho ry’umwihariko n’iry’umuryango w’Imana, tuzuke, duhinduke nyabyo, twemere ubutungane bwe butuyobore,twunge ubumwe , tumubere abahamya mumvugo no mu bikorwa bifatika by’impuhwe biramira bagenzi bacu kuri roho no ku mubiri, turangwe n’imyifatire myiza ihumurira bose, kiliziya yacu ikomeze ibe koko igicumbi cy’umukiro ureshya bose nk’igihe cy’intumwa za mbere, bityo twuzuze ubutumwa bwo kuba abanyampuhwe nka Data.

Umunsi mukuru mwiza w’impuhwe z’Imana.

Padiri Gilbert NTIRANDEKURA 

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka