^

INYIGISHO Y’ICYUMWERU CYA GATATU CYA PASIKA, UMWAKA C, TARIKI YA 04 GICURASI 2025

Publié par: Abbé Augustin GIRINSHUTI

Amaso matagatifu tuzirikana:

ü Isomo rya mbere: Intu 5,27b-32.40b-41

ü Zab 30 (29)

ü Isomo rya Kabiri: Hish 5,11-14

ü Ivanjiir: Yh 21,1-19

Nyuma yuko intumwa zibonye ibintu bikomeye zitifuzaga kubona, ndetse zitari zitegereje kuri Yezu, nkuko abigishwa bajyaga Emawusi babihamya bavuga k’urupfu rwa Yezu rwabashavuje bati : « Twebweho, twari twizeye ko ari we uzarokora Israheli ; none dore uyu munsi ubaye uwa gatatu ibyo byose bibaye », mbese barashobewe, bumva bameze nk’abihebye, nk’abatengushywe. Yezu rero mugutsinda kwe asangira n’abe umutsindo, abereka ko batibeshye bamukurikira, bamuhitamo, abereka ko nubwo yishwe akabambwa k’umusaraba, agapfa urupfu rubabaje, ataheranywe narwo. Ahubwo abe arabahishurira ibanga ryo kumukomeraho kuko batari kumwe nawe ntacyo bashobora.

Ibanga ryo kugendana na Yezu Wazutse

Mu Ivanjili Yohani atwereka abigishwa ba Yezu Kristu bisubiriye mu mirimo yabo ibatunze, ariko kuko bari bataramenya igitangaza kigarura ibyishimo n’ubuzima, baracyameze nkabatereranywe. Yezu udatererana abe aba arabagobotse. Ijoro ryose baraye baroba ntibagira icyo baronka. Yezu ahageze abereka aho ibanga riri, bityo baroha urushundura iburyo babona kuronka. Yezu yaberetse ahakwiye, ahari ubuzima, ahari amahirwe. Kugendana na Yezu wazutse ahishurira abe ahari ibanga ry’ubuzima.

Ikindi gikomeye, n’urugendo akorana na Petero. Yagize ubwoba nyuma yo kubona ibyari bibaye ahakana ko atazi Yezu. Nyuma y’Izuka Ivanjiri iratwereka abaza Petero ubugira gatatu niba amukunda.  Izi nshuro zirahagije ngo Petero yumve neza ikibazo abazwa. Ntabwo ari ugusubiza byihuse, cyangwa bishingiye kumarangamutima yakanya gato. Igisubizo Petero asorezaho kirasubiza itegeko ry’Imana, ryo gukunda Nyagasani Imana n’imbaraga zose, n’ubwenge bwose uko bingana tutabihishe, tutihenda kandi tutaryarya, aho agira ati: « Nyagasani uzi byose, uzi ko ngukunda». Mu yandi magambo ni ukwerekana ko nta cyo akinze Yezu: uzi aho imbaraga zanjye zigera, aho ubwenge bwanye bugarukira, aho ubushobozi bwanjye bugarukira,… Amaze kuvuga atyo aramubwira ati Nkurikira. Kuko niwe akeneye kandi koko azi byose aramushaka uko ari kose.

Ukuri Intumwa zihamya

Biragoye guhakana ibyo umuntu yiboneye neza, cyangwa yabayemo. Intumwa zabonye neza, kandi zizi ko zitibeshya ko Izina rya Yezu wazutse rifite ububasha kandi rigakiza. Ibyo barabizi neza ariko k’urundi ruhande abagize inama nkuru badashaka ko iryo zina rikomeza kuvugwa barabacecekesha, kandi biragaragara ko atari ubwambere kuko baragira bati: «Twari twarabihanangirije kutazongera kwigisha mwitwaje iryo zina, none dore Yeruzalemu yose mwayujujemo inyigisho zanyu». Intumwa nazo ntayandi mahitamo zifite kuko ukuri batwaye kubarusha imbaraga, kuko si ukuri kwabo ni ukuri gukomoka kuri Nyirukuri bigatuma basubiza bati: «Tugomba kumvira Imana kuruta abantu…» Ibitangaza Imana yakoze ibinyujije muri Yezu Kristu igira ngo ikize abantu, iryo banga intumwa zararyakiriye ahubwo zirifuza ko n’abandi baryakira. Uwo mugambi w’Imana kuwuceceka biragoye.

Hahirwa abazakira ukuri guturuka kuri Nyirukuri

Abamenye ukuri bakagukomeraho bazatera hejuru bavuga amagambo y’ibyishimo bati: «Umwana w’intama watambwe akwiriye guharirwa ububasha, ubutunzi n’ubuhanga, imbaraga n’icyubahiro, ikuzo n’ibisingizo», kuko ibindi byose ni uguta igihe, ni ukuyoba. Kwiyegurira ibindi bindi ni ukubura uburyo, ni ukubura icyerekezo. Ahubwo: «ibisingizo n’icyubahiro, ikuzo n’ububasha, ni iby’uwicaye ku ntebe y’ubwami na ntama uko ibihe bizahora bisimburana iteka» ngubwo ubuhamya bwabamenye ko gukurikira Yezu Kristu ari uguhitamo neza.   

Kubahimbaza izuka rya Kristu:

·        Yezu wazutse atumurikire tubone ahari ubuzima, twirinda kujya mu bidutanya nawe, cyangwa kugira ibyo dushaka kugeraho tumushyize kuruhande nko kujya gushaka amahirwe n’amaronko Imana tuyiteye umugongo. Dukeneye kugendana nawe akatubwira aho twaroha urushundura tukaronka.

·        Yezu adushaka uko turi kose, uyu munsi. Arashaka urukundo rwacu rukeya. Azi byose azi ibyo dushoboye n’ibyo tudashoboye ariko aradushaka. Tumusange araduhamagara ati «nkurukira». Azadushoboza, nkuko imvugo imenyerewe gukoreshwa kubakristu igira, iti: « Imana ntitora abashoboye, ahubwo ishoboza abo yatoye».

 Padiri Augustin GIRINSHUTI

 

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka