^

YEZU YIHINDURA UKUNDI. ICYUMWERU CYA 18 GISANZWE, UMWAKA A, TARIKI YA 6/08/2023.

Publié par: Padiri KANAYOGE Bernard

Amasomo matagatifu matagatifu tuzirikana:

Isomo rya mbere: Dan 7, 9-10.13-14

Zaburi 97 (96)

Isomo rya kabiri: 2Pet 1, 16-19

Ivanjiri : Mt 17, 1-9

 

KWIBERA HANO NTAKO BISA?

Ni hehe aho hantu, aho kwibera nta ko bisa? Umuhanzi n’umuririmbyi  yaragize ati “ Aho hantu ni he mwa bagenzi mwe (…) numvise ko isi muyizenguruka, muturangire rwose tujyeyo…”

Mu byishimo birenze, Petero yatangaje imbamutima ze mu kurangamira urubengerane rw’uruhanga n’imyambaro bya Yezu. Nta gihe kinini cyari gishize Yezu atwamye Petero utarifuzaga ko umwigisha we anyura mu nzira y’ububabare. Yezu yamweretse ko ibitekerezo bye bitavuye ku Mana ahubwo bantu hanyuma asaba abigishwa be ko niba hari ushaka kumukurikira yakwiyibagirwa ubwe, agaheka umusaraba we hanyuma akamukurikira. Abigishwa ba Yezu bari bamaze igihe bamukurikira ariko uko iminsi yagendaga ishira hari abagendaga bakuramo akabo karenge ariko hari n’abandi bamunambyeho babigaragaza mu gisubizo cyatanzwe na none na Petero agira ati “twasanga nde wundi, ko ari wowe ufite ijambo ry’ubugingo bw’iteka?”

Urwo rugendo rero rwo gukurikira Yezu, ntirwari urwo kumugenda inyuma ku maguro gusa ngo bajye aho yerekeje ahubwo rwari n’urugendo rukomeye no mu mitekerereze no mu myumvire. Niyo mpamvu n’ijwi ry’Imana ryumvikanye rigira riti “Uyu ni Umwana wanjye nkunda cyane unyizihira; nimumwumve!” Imana yabasabye kumva Umwana wayo, kumwumva ni no kumwumvira. Petero, Yakobo na Yohani barumvise, barumvira, baramukurikira bagerana na we ku musozi aho yihinduriye ukundi. Ibyo byabaye Yezu amaze gutangaza ibabazwa n’iyicwa rye hanyuma arababwira ati “niba hari ushaka kunkurikira, nankurikire. Nankurikire mu nzira yo gukunda, mu nzira yo kwitangira abandi, mu nzira yo kubabarira n’ubwo wababazwa, mu nzira yo kugirira impuhwe abagowe, mu nzira yo kwamagana akarengane, mu nzira y’isengesho, mu nzira y’umusabano n’Imana, mu nzira yo kugaragaza ishusho y’Imana muri buri wese maze buri wese yubahirwe ko ari umwana w’Imana ikunda. Yezu wasabye bamwe mu bigishwa be kujyana na we ku musozi ni Yezu witeguraga kunyura mu bihe bikomeye byo kubabazwa no kwicwa.

 Mu kujyana abigishwa be hamwe na we kugira ngo babone ububengerane bwe mu kwihindura ukundi bwari uburyo bwo kubaha imbaraga z’umutima zo kubafasha kumva no kumenya ko n’ubwo habaho igihe cy’ububabare burya habaho n’igihe cy’ibyishimo biterwa no guhura n’Imana ku buryo unyuze mu bihe bikomeye atibagirwa ko hari ihumure no guhozwa bitangwa n’Imana.  Ngicyo icyanezereje Petero ahita atangira kwiyibagirwa we na bagenzi be nk’uko Yezu yari amaze kubivuga , asaba guca ibiraro bitatu, kimwe cya Yezu, Icya Musa n’icya Eliya! Mbega ibyishimo! Si ibyishimo by’ahazaza gusa nk’uko hari indirimbo ivuga ngo mbega ibyishimo tuzagira! Oya. Ni n’ibyishimo by’ubu nyuma yo gusobanukirwa ko hakurya y’inzira y’umusaraba hari ikuzo, ko hakurya yo guhindanywa n’abantu hari ukubengarana ikuzo ry’abana b’Imana, ko hakurya y’ijwi rya muntu w’umunyantege nke hari ijwi ry’Imana ritwibutsa ko umukiza ari kumwe natwe ko kandi duhamagariwe kumwumva.

Muntu wamenye kandi wumvise iryo jwi ry’Imana ni iki kindi yakora usibye guca bugufi nk’uko bariya bigishwa babyumvise bakitura hasi? Ngaho ha hantu h’ibyishimo umuntu agera atari uko atereye umusozi runaka ahubwo ari uko afashe umwanya akamanuka muri we nyirizina, mu mutima we, agatuza, agasogongera Ijambo ry’Imana, agaca bugufi akemera gukorana na Yezu urugendo rumufasha kumva ko burya atari wenyine kabone n’ubwo yanyura mu ngorane. Aho hantu ni hehe ? Ni mu ihuriro ry’umutima-muntu n’umutima-Mana aho nk’uko umuririmbyi abivuga ati « uwasogongeye ku byishimo byawe, nta kindi yararikira mukundwa, ntacyo. », Ni ha handi uwakiriye Kristu muri Ukaristiya no mu Ijambo ry’Imana yihatira guhinduka agasa n’uwo ahawe.

Nitwemerere Yezu rero adukoreho, atubature, adukure mu bwoba bwacu maze tumurangamire we wenyine ushobora kudukiza. Nta gushidikanya ko nitunoza uwo musabano n’Imana na bagenzi bacu tuzishimira aho turi, tukishimira abo turi bo, tukishimira ubuzima, tukishimira abo tubana, tukishimira abaturanyi tugasingiza Imana tugira tuti « kwibera hano ntako bisa. »

Kuko ubuzima ari magirirane rero, ubutumwa bwacu nk’abakristu ni ukurangira abandi inzira y’umukiro twanyuzemo kuko hakiri abashidikanya, hari abitotombera Imana, hari abayihakana, hari abatabona akamaro ko gusenga, hari abasenga ariko bakumva ari nk’aho isengesho ryabo ritageze aho bifuzaga, hari abajarajara ubona bacyishakisha, hari abibwira ko ari bo bonyine bafite ukuri, hari abadatera intambwe kuko barebera ku bananiwe aho kurebera ku bashoboye, hari abatega Imana imitego bibwira ko izakora byose bigaramiye, hari abadaterwa ipfunwe n’ubuhemu n’ubugome, hari abigamba kugira nabi,  hari abatoteza abadasenga nkabo, hari abafata Imana nk’inyantegenke bitewe n’ubukana bw’ibyago bahura nabyo, hari abo ubuzima bubera nk’ikigeragezo n’abandi benshi bahindanyijwe n’imibabaro itandukanye biyumva nk’abari mu muriro utazima. Abo bose bakeneye abantu babagaragariza urukundo, bakeneye kandi ubufasha bw’abashoboye guterana intambwe na Yezu bakagera na bo aho batwikirwa n’ikuzo ry’Imana bakumva n’ijwi ribibutsa abo bari bo by’ukuri bitandukanye n’uko isi ibagira cyangwa ibagaragura. Abo bose nibakomere kandi bizere kuko igihe cy’ikuzo n’ububengerane kiri hafi. Nabo ni abana b’Imana ikunda cyane, bayizihira.

Kwibanira neza na Yezu na bagenzi bacu, ntako bisa !

Padiri Bernard KANAYOGE

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka