^

INYIGISHO Y’ICYUMWERU CYA 26 GISANZWE, UMWAKA A, TARIKI YA 01/10/2023

Publié par: Padiri Félicien HARINDINTWARI

Amasomo matagatifu tuzirikana:

 

ü  Isomo rya mbere: Ezk 18, 25-28

ü  Zab 25 (24), 4-5b, 6-7b, 8-9

ü  Isomo rya kabiri: Fil 2, 1-11

ü  Ivanjili: 21, 28-32

 

Uyu munsi ntimunangire umutima wanyu ahubwo mutege amatwi ijwi ry’Uhoraho

Bavandimwe, tuzirikanye neza amasomo matagatifu yo kuri iki cyumweru cya 26 mu byumweru bisanzwe by’umwaka wa liturujiya, twagira tuti: none ntitunangire umutima wacu, ahubwo twumve ijwi rya Nyagasani. Nyagasani yatubwiye amagambo yo kutuburira no kuduhwitura kandi yayatubwiranye urukundo n’impuhwe bya kibyeyi. Niba tumuteze yombi tukamwumva kandi tukamwumvira, tuzaba turi mu nzira y’ubuzima buzima buzira kuzima.

Imana yacu idukunda byahebuje iragira iti: sinifuza urupfu rw’umunyabyaha. Iyo tutumviye Imana tugashimishwa no kwibera mu byaha tubura ubuzima bw’Imana kandi tugahura n’ingaruka nyinshi hakaba igihe tuyishinja kutatwitaho cg tukavuga ko ibitubaho ariyo ibitera kandi ari ingaruka zo kutayumvira. Nyamara muravuga muti imigenzereze ya Nyagasani ntitunganye. Tega amatwi rero muryango wange; mbese koko imigenzereze yanjye yaba ariyo idatunganye? cyangwa se imigenzereze yanyu niyo idatunganye? (Isomo rya 1). Abanyarwanda nibo bagira bati: uwanze kumvira se na nyina yumvira ijeri. Ubwo se uwanze kumvira Imana we bigenda bite? Ndatekereza ko biba umwaku kurushaho. Baravuga kandi bati: nyamwanga kumva ntiyanze kubona.cg bati: umwana w’intabwirwa yikebeye inyama y’intaribwa…n’izindi mvugo zigaragaza ububi bwo kutumvira. Niba uwari intungane aramutse aretse ubutungane bwe agacumura maze agapfa, azaba azize ibyaha yakoze. Ariko niba umunyabyaha yanze ibyaha yakoraga, kugirango akore ibitunganye kandi akurikize ubutabera, aba arengeye ubugingo bwe. Niba yanze ibicumuro bye byose ntabwo azapfa ahubwo azabaho.

Bavandimwe Imana iratwereka ko guhinduka tukava mu kibi, tugakurikira ugushaka kwayo ariyo nzira y’ubuzima. Naho kubaho uko twishakiye tudakurikiza ibyo Imana idushakaho ni inzira y’urupfu.

 

“Yego” yawe ijye iba “yego” mu mvugo no mu ngiro

Bavandimwe, Yezu arifuza ko imvugo yacu ihura n’ingiro. Yaduhaye urugero mu ivanjili rw’abahungu babiri bavukana. Umubyeyi wabo abwira umwe ati: “Mwana wanjye, uyu munsi jya gukora mu mizabibu. Undi aramusubiza ati: ‘Ndanze’ ariko yisubiraho ajyayo. Abwira uwa kabiri kwa kundi; undi arasubiza ati: ‘Yego, Mubyeyi’, nyamara ntiyajyayo. Ni uwuhe muri abo bombi wakoze ibyo se yashatse?”. Byumvikane ko ari uwa mbere nk’uko bariya batware b’abaherezabitambo n’abakuru b’umuryango basubije Yezu. Ese tuzirikanye neza ku mubano wacu n’Imana twakwigereranya n’uwuhe muri bariya bahungu bombi? Ese aho ntitujya tumera nk’uriya muhungu wa kabiri. Tukabwira Imana ngo “Yego” ku rurimi gusa ariko mu mibereho yacu ya buri munsi tukiberaho bihabanye n’ibyo Nyagasani adusaba? Ni kenshi twagiranye amasezerano n’Imana uhereye kuri Batisimu aho twiyemeje guca ukubiri na Shitani n’imihango yayo yose n’ibyo idushukisha byose, twemerera Imana ko tuzayibera abayoboke beza tukagendera mu rumuri rwayo ntidusubire mu icuraburindi ry’ibyaha n’ingeso mbi z’isi; ariko kubikurikiza mu buzima bwacu bwa buri munsi mbona bitugora. Kenshi tuyoborwa na kamere aho kuyoborwa n’Ijambo ry’Imana ngo tuve abantu bashya batagatifujwe ku bwa batisimu twahawe. Hari igihe tuganzwa n’ishyari, urwango, amatiku, ukwiyemera, kwikunda, irari n’izindi ngeso mbi za kamere. Pawulo mutagatifu arungamo ati “Ntimukagire icyo mukora mubitewe n’ishyari cyangwa n’ukwikuza, ahubwo mwicishe bugufi buri muntu yibwire ko abandi bamuruta. Ntabwo dushobora gukora ugushaka kw’Imana tutitoje kwiyoroshya no kwicisha bugufi.

 Bavandimwe, tuzirikane kandi ko uretse amasezerano ya batisimu, dufite n’andi masezerano menshi n’ibyo tugenda twemerera Imana mu masakaramentu duhabwa, mu mihigo tuyigirira mu bihe bitandukanye by’ubuzima bwacu n’ibindi. Burya n’igihe cyose tuvuze ngo “Amina”, tuba tubwiye Imana ngo “yego bibe bityo”. None se imvugo yacu ihura n’ingiro koko? Ese umwenda wera twahawe muri batisimu ushushanya ubutorwe bwacu, ubu usa ute? Uracyera de? Roho zacu zisa zite imbere y’Imana? Urumuri twahawe se kugirango tumurikirwe na Kristu tujye duhora tugenza nk’abana b’urumuri aho ntirwakendereye?

Guhinduka ni inzira ndende ntabwo bitworohera kuko dukunze kurangwa n’intege nke ariko birashoboka. Abanyarwanda baravuga ngo “akabaye icwende ntikoga, niyo koze ntigacya, niyo gakeye ntigashira umunuko, niyo gashize umunuko ntigahindura ibara, niyo gahinduye ibara ntigahindura izina ngo kareke kwitwa icwende” ariko ku bwa Kristu no muri we byose birashoboka. Akabaye icwende karoga kagacya kagashira umunuko kagahindura ibara n’izina. Abavuga kandi ngo “uko rwakanwe niko rusaza”, “ingeso ishira nyirayo yapfuye”, “iyakameze irakabaganwa”, “akagozi gahambiriye inkuru bijyana mu nkono”, “akiziritse ku muhoro gashirwa kawuciye” n’ibindi; mu buzima bwacu bwa gikristu siko bikwiye kumvikana. Kuko Yezu yaje kugirango duhinduke. Icyatumye amanuka mu ijuru ni twebwe abantu no kugira ngo dukire. Ashaka ko umukiro we ugera kuri bose: abasoresha, indaya, amahabara, abagizi ba nabi, abanyamigambi mibi n’abandi banyabyaha bose natwe turimo. Tumwemerere twese atuyobore mu Ngoma y’Imana.

Twisunge umubyeyi wacu Bikira Mariya we rugero rwacu mu kumvira Imana, we ubuzima bwe bwose bwabaye “Yego” imbere y’Imana, akagira ati “Ndi umuja wa Nyagasani byose bimbeho uko ubivuze”, adutoze natwe gukora ugushaka kw’Imana no guhuza ubuzima bwacu n’Ijambo ryayo. Aduhakirwe natwe kubwira Imana “Yego” mu mvugo no mu ngiro; buri wese ayisabe nk’uko zaburi yabitwibukije ati: Uhoraho, menyesha inzira zawe, untoze kugenda mu tuyira twawe. Nyobora mu kuri kwawe kandi ujye umbwiriza, kuko ari wowe Mana nkesha umukiro wose.  Amen.

Padiri Félicien HARINDINTWARI

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka