^

INYIGISHO Y’ICYUMWERU CYA 20 GISANZWE, UMWAKA A, TARIKI YA 20 KANAMA 2023

Publié par: Padiri Théoneste NZAYISENGA

Amasomo matagatifu tuzirikana:

Isomo rya mbere: Iz 56,1.6-7; Zab 67; 

Zaburi 67 (66)

 Isomo rya kabiri: Rom 11,13-15.29-32;

Ivanjili: Mt 15,21-28.

 

Bavandimwe, umurimo wazanye Kristu ku isi ukubiye muri izi ngingo 2 z’ingenzi: kwigisha no gukiza. Uyu murimo ni wo Uruhererekane rwa Kiliziya rwashyize mu nyabutatu y’ubutumwa bushingiye kuri Kristu, umusaserdoti, umuhanuzi n’umwami. Ni na wo murimo wa Kiliziya wo kwigisha, kuyobora no gutagatifu, umurimo uwabatijwe wese akanakomezwa agiramo uruhare. Ni cyo cyatumye Yezu atanga ubuhamya kuva mu ntangiriro y’ubutumwa bwe agira ati: “Roho wa Nyagasani arantwikiriye, kuko yantoye, akansiga amavuta, ngo ngeze Inkuru nziza ku bakene, ntangarize imbohe ko zibohowe, impumyi ko zihumutse, abapfukiranwaga ko babohowe kandi namamaze umwaka w´’impuhwe” (Lk 4,18-19).

Amasomo matagatifu yo Kuri iki cyumweru arashimangira ubwo butumwa bwa Yezu, ubwo butumwa bwa Kiliziya natwe twese ababatijwe dufiteho uruhare. Isomo rya mbere riratwereka ko uwo mukiro ugenewe Israheli n’abanyamahanga ni ukuvuga abantu bose. Isomo rya kabiri rigashimangira impuhwe z’Imana ku bantu bose, maze Ivanjili ikabishyira mu bikorwa aho Yezu akiza umwana w’umugore w’Umunyakanahanikazi, ni ukuvuga umunyamahanga cyangwa umupagani.

Bavandimwe natwe Kuri iki cyumweru uyu mukiro ntuducike. Niduce bugufi, twegere Yezu, tumwemere, tumuhamye, dupfukame, tumusabe umukiro wacu n’uw’abandi bose kandi tuwakire. Isomo rya mbere riratwereka ibisabwa: nimuharanire ubutungane, mukurikize ubutabera, mwizirike Kuri Uhoraho, mumuyoboke mumukunze, mumubere abagaragu, mwubahirize umunsi we (isabato), mukomere ku isezerano.  Muri iyi myitwarire hari isabwa umuryango w’Imana ari yo gukurikiza ubutabera, no guharanira ubutungane kugira ngo bakire umukiro n’ubuntu by’Imana.  Nyamara nibarangara Abanyamahanga bizirika Kuri Uhoraho, bakamuyoboka bamukunze, bakamubera abagaragu, bakubahiriza isabato, bagakomera ku isezerano, Uhoraho azabazana ku musozi we Mutagatifu, atume bishimira mu ngoro kandi ibitambo byabo n’andi maturo byakirwe.

Bavandimwe, ubu buhanuzi bwa Izayi buratureba twese muri iki gihe, aho usanga hari bamwe mu bo muryango w’Imana babatijwe, bahawe n’andi masakramentu ndetse bamwe bahabwa n’undi muhamagaro wihariye w’ubutumwa ariko bakaba barushwa n’abanyamahanga kugenza neza, aka wa Mufariziyi utaratinyaga Imana ntiyubahe n’abantu! Bene abo ibya Nyagasani ntibabibonera umwanya, barabitaye pe! Abandi na bo rimwe na rimwe ni ugupfa kubyirohamo nta mutima, hakaba n’ababikora nkaho ari ikiraka,… mukristu muvandimwe, musaserdoti, mwihayimana,… ni gute umupagani, umunyamahanga yakurusha kugenza neza? Akizirika Kuri Uhoraho, akamuyoboka amukunze, akagira ibyo yubaha, yubahiriza kandi agakomera ku isezerano, maze igitambo cye n’ituro bikakirwa naho ureke wowe! None se n’ubundi tuzuzurizweho n'ubundi buhanuzi bwa Izayi bugira buti: “ibitambo byanyu bitagira ingano bimbwiye iki? Ibitambo byanyu sinkibishaka! Iyo muze kunshengerera ni nde uba yababwiye kuza kumvogerera ingoro? Nimusigeho kuzana amaturo y’ímburamumaro, umwotsi wayo narawuzinutswe. Ibitambo bivanze n’ubugome singishoboye kubyihanganira!... iyo muntegeye ibiganza mbima amaso; mwakungikanya amasengesho sinyatege amatwi, kuko ibiganza byanyu byuzuye amaraso… nimwiyuhagire mwisukure, nimumvane imbere ibikorwa bibi byanyu, kandi muherukire aho kugira nabi! Nimwige gukora icyiza, muharanire ubutabera, murenganure urengana, murwane ku mfubyi, mutabare umupfakazi” (Iz 1,11-17).

Ku bw’ibyo bavandimwe, dore isomo rya kabiri icyo ridushishikariza: kuba urugero mu ntumwa no mu butumwa buri wese mu rugero rw’umuhamagaro we ndetse no wundi murimo ashinzwe muri sosiyete. Gutera ishyari ryiza abandi kugira ngo ibyo twemeye kandi twizera babikunde. Mu Ivanjili yo Kuri uyu wa gatanu ushize, Yezu amaze gusobanurira Abafarizayi ko gutandukana n’uwo mwashakanye ari ikizira kuva mu ntangiriro, baramusubije bati niba ari uko bimeze ikiruta ni ukudashaka. Aho ntawakwitegereza umukristu, umupadri cyangwa Uwiyeguriye Imana akavuga ati: “niba ari uko bimeze ikiruta ni ukutaba umukristu, kutaba umupadri cyangwa uwiyeguyimana!!!”. Gusa tumenye neza ko Imana iyo yamaze gutanga no gutora itisubiraho, nitwebwe ubwacu twinanirwa! Bavandimwe, Imana ntishaka kuduhora ukutumva, ukutumvira n’ubwigomeke bwacu ahubwo ishaka kutugirira impuhwe n’imbabazi ngo twakire umukiro n’ubuntu byayo. Ni na yo mpamvu umukiro wayo iwuha n’abo twibwiraga ko  batabikwiye.

Ivanjili yo Kuri iki cyumweru ni urugero n’ubuhamya by’izo mbabazi n’impuhwe z’Imana. Ni yo mpamvu nk’uko Yezu yerekezaga mu karere ka Tiri na Sidoni, ubu noneho yerekeje mu karere kacu, mu murenge wacu, mu kagari kacu no mu mudugudu wacu. Yerekeje mu rugo rwacu, mu mutima wa buri wese! Arifuza ko icyo urwaye cyangwa icy’uwawe arwaye  gikira kabone n’ubwo waba umaze kugera ku myitwarire, ku myifatire cyangwa imico nk’iy’umunyamahanga (umupagane). Turasabwa gusa ukwemera, ubushake n’umuhate kabone n’iyo haboneka ibidukingirije, abadukingirije, ibidukumira cyangwa abadukumira ngo tutavaho tugera Kuri Yezu. Ndetse ntihabura n’abamusaba kutwirukana wenda kuko tubateye icyugazi. Nimwitegereze biriya byegera bya Yezu bimusaba kwirukana abo yaje gukiza. Nyamara n’ubu byaba rwose! Hari ibyegera rimwe na rimwe bibuza umukiro abandi. Amahirwe n’uko Yezu atareba nk’abantu. Maze agira ati: “Ntahandi noherejwe keretse mu ntama zazimiye zo muryango wa Israheli”. Bavandimwe iyi Vanjili iraduhwitura twese abafite abo dushumbye cyangwa tubereye abashumba bishingiye muri wa murimo wo kwigisha, kuyobora no gutagatifuza, twese dufiteho uruhare. Ntibikwiye kwirebera, kwihurira no kwita ku ntama zizanye gusa, iyo nabwo tugize amahirwe ntizitahe tuzihungabanyije; tugomba no kwihatira gushaka izazimiye! Nyamara kandi rimwe na rimwe ntizizimira kubera intera ndende iri hagati yacu na zo gusa, hari n’izizimira tuzicaye iruhande, tuzireba cyangwa zibana natwe! Aha ngaha birahagije gusa kwitiranya icyaha n'umuntu wagikoze cyangwa ugahera ku ntege nke yagize umukocora.

Mutekereze ukuntu impuhwe za Yezu ari igisagirane n’urukundo rwe rugahoraho iteka, uzi kubura ubukristu, ukabura ubumuntu n’ubuntu, ukabura n’ububwa ugasigarana gusa ububwana ariko Yezu akabirengaho akaguha ku byiza by’ijuru! Yezu Kristu utweretse ko umugati w’abana ushobora guhabwa n’ibibwana nadufashe koroshya, koroha no koroherana. Uketsweho ubujiji cyangwa ubuyobe yigishwe, maze urwaye avuzwe aho kwitazwa. Natwe kandi turusheho kugira umuhate wo gutakamba. N’ubwo Yezu yasa nk’utwihoreye gatoya kugira ukwemera kwacu gukomere, nitwihangane, twicogora. Niturusheho kumwegera, tumupfukamire, tumubwire tuti: “Mbabarira Nyagasani, Mwana wa Dawudi”, “Nyagasani, ntabara”. Amaherezo azatangarira ukwemera kwacu maze aduhe icyo tumusabye.

Bikira Mariya Umwamikazi w’ijuru n’isi aduhakirwe!

Padri Théoneste NZAYISENGA

Retour aux homelies

Homélies récentes
Inyigisho ziheruka